John Blaq mu gahinda ko kunyagwa ibye areba
Umuhanzi w’Umunya-Uganda ukunzwe cyane mu njyana ya Afrobeat, John Blaq, yatangaje ko atakiri nyiri uburenganzira ku ndirimbo ze za mbere ndetse ko atakibona amafaranga ava ku mbuga z’ikoranabuhanga zicururizwaho umuziki, nubwo zigikundwa n’abafana benshi.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ryo muri iki gihugu, John Blaq yasobanuye ko mu ntangiriro z’urugendo rwe rwa muzika, ubuyobozi bw’inzu ya Black Market Records, ari bwo bwagenzuraga imari yose n’uburenganzira ku bihangano bye, harimo n’umuyoboro wa YouTube wa mbere wakoreshwaga mu gushyira hanze indirimbo ze.
Yavuze ko kuri ubu nta mafaranga abona ava muri ibyo bihangano bye, ariko ko nta kibazo abifiteho.
Yagize ati: “Nta mafaranga mbona ku ndirimbo zanjye za mbere, ariko nta kibazo. Abantu bakomeze bazumve. Nzi neza ko ubu ndi kwinjiza amafaranga menshi kurusha bo, turi abavandimwe.”
INDI NKURU WASOMA :Ukwinangira kwa Congo niko kugiteza intambara muri Congo - Minisitiri Nduhungirehe
Agaruka ku ntangiriro z’umwuga we, John Blaq yemeye ko icyo gihe yitaye cyane ku kumenyekana no kugeza umuziki we ku bantu benshi, aho kwitondera ibijyanye n’uburenganzira n’igenzura ry’ibihangano bye.
Yavuze ko n’iyo aza gusaba kwigarurira ibyo byose, byari gufatwa nk’ubugundirizi budakwiye, kuko n’abamufashije babigizemo uruhare.
Kuva yatandukana na Black Market Records akigenga, John Blaq avuga ko yabonye ituze mu mutima, akaba akora umuziki yisanzuye kandi agatera imbere mu buryo bugaragara, agaragaza ko amasomo yakuye mu bihe bye bya mbere ari ingenzi ku bahanzi bakizamuka.
What's Your Reaction?










