Ingofero y'umugore wa Trump, Melania, yamutangiriye! Bimwe mu byaranze irahira rya Donald Trump
Ku wa Mbere, tariki ya 20 Mutarama 2025 wari umunsi w'amateka kuri Amerika n'Isi yose muri rusange aho barahizaga Donald Trump ngo yongere ayobore icyo gihugu cyiri mu by'ibihangange ku Isi.
Donald Trump yongeye kurahirira kuyobora Amerika ku wa 20 Mutarama 2025 mu birori byabereye i Washington DC byitabirwa n'abiganjemo Abanyepolitike n'ibyamamare. Umugore wa Trump, Melania, wari wambaye ingofero na Obama waje wenyine basize ibiganiro ku bakurikiye uwo muhango.
Nyuma y'amatora muri Amerika yabaye ku wa 06 Ugushyingo 2024 agatsindwa na Donald Trump, Abanyamerika na bamwe mu bari mu bice bitandukanye by'Isi bicaye bategereje umunsi Perezida watowe, Trump, azarahirizwa.
Mu ntangiriro z' umwaka wa 2025, ku wa 20 Mutarama ni wo munsi wari utegerejwe na benshi maze Perezida Trump ararahizwa mu muhango wakurikiwe n'abari muri Amerika no hanze yaho biciye kuri televiziyo no ku mbuga nkoranyambaga.
Umugore wa Trump, Melania Trump yaserutse mu buryo bwatunguranye aho yari yambaye ikoti rirerire n'ingofero akajya ahisha amaso. Byabereye intambyi Trump washatse kumusoma ingofero ikamubangamira bikagorana kugera ku itama rye. Byavuzwe ko yabyambaye kubera ubukonje bukabije bwari aho muri Amerika.
Hari andi mashusho yagaragaye uwo mugore yiyambuye iryo koti n'ingofero ari kubyinana na Donald Trump.
Barack Obama wigeze kuyobora Amerika kuva mu mwaka wa 2009 kugeza mu mwaka wa 2016 yaje muri ibyo birori atari kumwe n'umugore we, Michelle Obama. Mu gihe abandi bagabo babaga baganira n'abagore babo, we yabaga yibereye ku ruhande cyangwa agashaka abandi baganira.
Bibaye nyuma yuko umugore we, Michelle Obama, yatangaje ko atazigera yitabira irahira rya Donald Trump. Mwibuke neza ko Trump yatsinze uwo bari bahanganye, Kamala Harris, wari ushyigikiwe cyane n'abarimo Obama na Michelle. Haribazwa niba byaramubabaje ku buryo atanakwifuza kwitabira ibirori bye.
Hari ibigaragaza ko bakiri mu rukundo. Ku wa 17 Mutarama 2025, Michelle Obama yizihiza isabukuru y'imyaka 61, basangije abakoresha imbuga nkoranyambaga ifoto yabo bombi ubona ko bari ahantu bari gusangira bizihiza uwo munsi. Buri umwe aca kuri izo mbuga agaragaza ko anejejwe n'uwo munsi.
Umunyamakuru wo muri Amerika, Jeff Zeleny aherutse kuvugira kuri CNN ko iryo rahira ribaye mu gihe Michelle Obama ari kubarizwa mu birwa bya Hawaii.
Ibirori by'irahira rya Trump byitabiriwe n'abaherwe barimo: Jeff Bezos n'umukunzi we, Lauren Sanchez, Mark Zuckerberg na Elon Musk.
Ingofero ya Melania Trump yatangiriye umugabo we, Donald Trump
Umukobwa wa Donald Trump, Ivanka Trump yari yitabiriye ibyo birori
Umukinnyi w'iteramakofe, Jake Paul yari mu bitabiriye
What's Your Reaction?










