U RWANDA RWAHAKANYE GUFUNGA IMIPAKA IRUHUZA NA CONGO RDC

Nyuma y'iminsi micye bivugwa ko imipaka ifunze kubera icyorezo cya Ebola ndetse n'abaturiye imipaka bakagaragaza ko urujya n'uruza rwahagaze, leta y'u Rwanda yagaragaje ko imipaka idafunze.

May 20, 2026 - 11:55
May 20, 2026 - 13:51
 0
U RWANDA RWAHAKANYE GUFUNGA IMIPAKA IRUHUZA NA CONGO RDC

Umuvugizi wa Guveroma wungirije UWERA Jean Maurice yagaragaje ko umupaka udafunze nk’uko ibitangazamakuru byabitangaje, bivuga ko U Rwanda rwafunze umupaka uruhuza na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kubera icyorezo cya Ebola.

Yagize ati: “Imipaka ntifunze. Mu rwego rwo kurinda ubuzima no gukumira ikwirakwira rya Ebola, buri mugenzi winjira cyangwa usohoka igihugu aragenzurwa’’

UWERA Jean Maurice, Umuvugizi wa guverinoma wungirije

Yaboneyeho gusaba abanyarwanda kwitwararika no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Ebola. Aho yagize ati:”Nubwo imipaka ifunguye harasabwa kwigengesera ku kwambuka kuko kujya mu gihugu cyagaragayemo icyorezo bisaba ubwitonzi, abagenda barasabwa kubimenyesha ubuyobozi, abacuruzi bagakorera muma groups ya cooperative bakoreramo”.

Ibi bije binyomoza amakuru yatangajwe n’inzego z’uturere duhana imbibi na RDC twagaragazaga ko urujya n’uruza rwabaye ruhagaritswe mu gukumira ikwirakwira rya Ebola.

photo by Bizimana 19.05.2026

Amakuru agera ku Igisubizo.com agaragaza ko ku mupaka hari gukorwa ingendo z’abantu bagiye mu bikorwa by’ingenzi cyane cyangwa ibishingiye ku nyungu rusange.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

Grace Kageme A professional journalist with a bachelor's degree in journalism from Institut Catholique de Kabgayi ICK. Owner of KAGEME TV YouTube channel. Sub program manager at Isango stars LTD. Radio presenter and Tv news anchor.