Burna Boy arifuza gukorera igitaramo cy' ubuntu muri Burkina Faso
Umuhanzi wo muri Nigeria, Burna Boy yavuze ko ashaka kuzaha abaturage ba Burkina Faso ibyishimo bisendereye by'ubuntu.
Damini Ebunoluwa Ogulu uzwi mu muziki nka Burna Boy yahishuye ko yifuza kuzajya muri Burkina Faso akazahakorera igitaramo cyitazagira amatike, aho buri umwe uzabyifuza azakitabira ntacyo asabwe.
Burna Boy uzwi mu ndirimbo: Last Last, City Boys, On The Low, Tshwala Bam, For My Hand n'izindi yaciye ku rubuga rwa Instagram avuga ko ashaka kuzataramira mu gihugu cya Burkina Faso muri uyu mwaka wa 2025.
Yagize ati:"Bishobotse byaba ari iby'agaciro kuri njye gutaramira abaturage ba Burkina Faso, nkabakorera igitaramo cy' ubuntu mbere yuko uyu mwaka wa 2025 urangira. Imana nibiha umugisha."
Ni ibintu atangaje nyuma yo kwandikira amateka mu Bufaransa, aho yakoreye igitaramo karahabutaka muri Stade de France, ku wa 18 Mata 2025, ijyamo abantu barenga ibihumbi 80. Yahamije ko amatike yashize ku isoko.
Kuri icyo gitaramo yifuza gukorera muri Burkina Faso, bamwe bari kugihuza nuko Perezida w'icyo gihugu, Captain Ibrahim Traore w'imyaka 37 yiyemeje guteza imbere Burkina Faso igatana n'intambara zayiyogoje. Burna boy we akaba yahakorera igitaramo mu rwego rwo kwereka abakunzi be ko abakunda, ko babonye umugisha ndetse akanashimisha uyu mukuru w'igihugu ukomeje kwigarurira imitima ya benshi muri iki gihe ku bw'ibikorwa bye bidasanzwe mu guteza imbere Burkina Faso.
What's Your Reaction?










