Azawi yahishuye umuti ku myigaragambyo iri kubera muri Uganda

Umuhanzikazi wo mu gihugu cya Uganda, Azawi yavuze ko ibyo gukoresha ibyuka biryana mu maso mu myidagaduro iri kuba mu gihugu cya Uganda atari umuti, ahubwo icyo Guverinoma yakora ari ukuganira n'abari kwigaragambya.

Jul 23, 2024 - 16:52
Jul 23, 2024 - 19:46
 0
Azawi yahishuye umuti ku myigaragambyo iri kubera muri Uganda

Priscilla Zawedde uzwi nka Azawi mu muziki wa Uganda no mu karere ka Afurika y'Iburasirazuba yavuze ko icyakorwa ku myigaragambyo iri kuba mu gihugu cya Uganda ifite intego yo kugera ku nteko ishinga amategeko ya Uganda, ari uko Guverinoma ya Uganda yaganiriza abayirimo ikumva icyo basaba.

Nyuma yuko urubyiruko rwo mu gihugu cya Uganda ruteguje Guverinoma yabo ko ruzakora imyigaragambyo ku wa Kabiri, tariki ya 23 Nyakanga 2024, rurwanya ibyo rushinja Guverinoma yabo birimo ruswa n'akarengane, kuri uyu wa Kabiri, bazindukiye mu myigaragambyo bajya mu mihanda itandukanye y'Umurwa mukuru wa Uganda uzwi nka Kampala.

Aba-Polisi bo muri icyo gihugu bagerageje guhosha iyo myigaragambyo bakoresheje ibyuka biryana mu maso, ariko bakomeza kwigaragambya. 

Umuhanzikazi waho witwa Azawi uri mu batishimira ubuyobozi bw'igihugu cye yaciye ku rubuga rwa X, ahishura icyakorwa kugira ngo abari mu myigaragambyo bayireke.

Yagize ati:"Mwanze gukemura ibibazo by'ingutu bibangamiye abaturage benshi ku kigero cyabo kigera  kuri 78%, none abari kwigaragambya muri kubamishamo ibyuka biryana mu maso. Icyakorwa ni ukumva ibyo abari kwigaragambya basaba. Ndizera ko bitazatinda kugira ngo mubumve."

Mu gihugu cya Uganda hari bamwe mu banyamuziki baho bamaze kugaragaza ko bashyigikiye imyigaragambyo iri kubera mu gihugu cyabo, barimo Bobi Wine, Azawi, Ykee Benda na Allan Toniks.

Azawi yavuze ko icyakuraho imyigaragambyo iri kubera mu gihugu ke cya Uganda, ari ukuganiriza abayirimo

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow