Bravo Ribeiro yegukanye Agace ka Karindwi ka Tour du Rwanda 2026
Umunya-Brazil Bravo Ribeiro ukinira Soudal Quick-Step Development Team yegukanye Agace ka Karindwi ka Tour du Rwanda, nyuma y’isiganwa rikomeye ryasojwe ku kibuga cya Kigali Pelé Stadium.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 28 Gashyantare 2026, abasiganwa bahagurutse i Musanze berekeza i Kigali banyuze i Gicumbi, ku ntera y’ibilometero 147,2. Muri 84 bari batangiye iri rushanwa, hasigayemo 67 gusa, nyuma y’uko abandi bagiye bavamo bitewe n’impamvu zitandukanye. Nk’uko bisanzwe, babanje kugenda ibilometero 3,1 bitabarwa.
Isiganwa ryatangiranye imbaraga nke, ariko ku kilometero cya 19, Bruno Martins wa Localiza yegukana amanota y’umusozi wa Buranga. Nyuma yaho, Reuben Thompson wa Lotto-Groupe Wanty yagerageje gusiga igikundi, aza gusangwamo na Novak na Parrera ba Movistar Devo Team ku kilometero cya 30.
Thompson yakomeje kwitwara neza, yegukana Sprint yo ku kilometero cya 40 ndetse n’amanota y’imisozi ya Tetero na Gicumbi. Icyakora, mu bilometero 30 bya nyuma, igikundi cyatangiye kugabanya intera yari imaze kugera ku minota ibiri.
INDI NKURU WASOMA :Umurizabageni Nadia yifashishije igisigo mu gukebura abasore
Mu bilometero 10 bya nyuma, isiganwa ryafashe indi ntera. Abari bacitse batangiye gufatwa umwe ku wundi. Bageze i Nyabugogo, Thompson yagerageje gusiga bagenzi be, ariko aza gufatirwa kwa Mutwe mbere y’uko berekeza ku musozi wa Kigali Wall, aho isiganwa ryahinduye isura burundu.
Kuri uwo musozi, Ribeiro w’imyaka 19 y’amavuko yagaragaje ubukure budasanzwe. Yacitse igikundi mu buryo butunguranye, akomeza umuvuduko mwinshi kugeza ku murongo wa nyuma. Yakoresheje amasaha 3, iminota 20 n’amasegonda 59, asiga Van Gils Lucas na Mulueberhan Henok amasegonda icyenda.
Umunyarwanda waje hafi ni Masengesho Vainqueur wa Benediction Banafrica Team wabaye uwa 16, asigwa amasegonda 30.
What's Your Reaction?










