Basketball : RSSB Tigers yarabye ivu Patriots BBC

Ikipe ya RSSB Tigers BBC yakomeje kugaragaza ko yiteguye guhatanira igikombe cya Shampiyona ya Basketball mu Rwanda, nyuma yo gutsinda Patriots BBC amanota 86 kuri 66 mu mukino wabereye muri Petit Stade ku Cyumweru, tariki ya 15 Gashyantare 2025.

Feb 16, 2026 - 06:16
Feb 16, 2026 - 07:10
 0
Basketball : RSSB Tigers yarabye ivu Patriots BBC

Uyu mukino wari utegerejwe cyane n’abakunzi ba Basketball, cyane cyane ko Tigers yari imaze kwiyubaka izana abakinnyi bakomeye, barimo bamwe bahoze bakinira Patriots BBC. Byatumye impande zombi ziwufata nk’ufite agaciro kihariye, buri ruhande rushaka kwerekana ko rufite ubushobozi bwo kwitwara neza muri shampiyona.

Umukino watangiye amakipe yombi akinana imbaraga, aho ku ruhande rwa Patriots BBC, Damaria Franklin yageragezaga gutsinda amanota menshi, mu gihe Anthony Tarke wa Tigers na we yakinaga neza. Agace ka mbere karangiye RSSB Tigers iyoboye n’amanota 23 kuri 21 ya Patriots.

INDI NKURU WASOMA :APR FC na Kiyovu Sports mu mukino witezwe na benshi muri 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro

Mu gace ka nyuma, Patriots yongeye kugerageza kugabanya ikinyuranyo, ariko abakinnyi bayo bagaragazaga umunaniro, bituma Tigers ikomeza kwitwara neza kugeza umukino urangiye ifite amanota 86 kuri 66. Iyi ntsinzi yahise iba iya kabiri ya RSSB Tigers muri shampiyona.

Umunyamerika Anthony Tarke wa RSSB Tigers ni umwe mu bagize uruhare rukomeye muri uyu mukino, atsinda amanota 20, agaragaza ubuhanga n’ubunararibonye bwe.

Mu yindi mikino yabaye, Kepler BBC yatsinze UGB amanota 65 kuri 57, mu gihe mu cyiciro cy’abagore, ikipe ya The Hoops yatsinze IPRC Huye amanota 72 kuri 60, naho REG WBBC itsinda GS Marie Reine Rwaza amanota 80 kuri 52.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow