Abafana ba Galatasaray ntiboroheye kapiteni wa APR FC
Abanya-Turkey biganjemo abafana ba Galatasaray S.K bigabije imbuga nkoranyambaga za kapiteni wa APR FC, Niyomugabo Claude, baramutuka bikomeye nyuma yo kumushinja ko yavunnye rutahizamu wabo Victor Osimhen.
Victor Osimhen yavunikiye mu mukino wahuje ikipe ye y'igihugu ya Nigeria n'u Rwanda, mu gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2026. Uyu mukino wabaye ku wa Gatandatu tariki 06 Nzeri 2025, uza kurangira Nigeria itsinze u Rwanda, igitego 1-0 gusa usiga na rutahizamu Victor Osimhen awuvunikiyemo.
Ku munota wa 35 w'umukino ni bwo Victor Osimhen yasohotse mu kibuga, kubera imvune yagize nyuma y'uko yari yigeze guhurira ku mupira na Niyomugabo Claude mu munota wa 27, ndetse akaza kugaragaza ko yamukoreye ikosa.
Nyuma y'umukino abaganga baje kugaragaza ko imvune y'uyu mukinnyi itoroheje bityo ashobora kuzasiba imikino irimo uwo ikipe y'igihugu ya Nigeria izakina na Afurika y'Epfo, uwa Galatasaray na Eyupspor muri Super Cup ya Turkey, ndetse n'umukino wa mbere wa UEFA Champions League, ikipe ye izakina na Eintracht Frankfurt yo mu Budage.
Niyomugabo Claude na Victor Osimhen ubwo bagongana mu ikosa ryavuyemo iyi mvune
Abafana ba Galatasaray bahise bigabiza imbuga nkoranyambaga za Niyomugabo Claude, cyane cyane kuri Instagram aho bagiye ku mafoto ye ahatangirwa ubutumwa (comment section), batangira kumubwira amagambo amutuka ko yavunnye rutahizamu wabo.
Muri aba bafana bakomeje gutanga ubu butumwa, hari n'abageze kure batangira kuvuga ko bazashaka Niyomugabo Claude bakamuhemukira ndetse n'umuryango we. Uretse abafana ba Galatasaray bari gutuka Claude, abo ku ruhande rwa mukeba wabo, Fenerbahçe bo baje muri ubu butumwa bamusaba ko yaza mu ikipe yabo.
Niyomugabo Claude usanzwe ari na kapiteni wa APR FC, nyuma y'umukino wa Nigeria yahuye na Victor Osimhen baraganira ndetse umugaragarariza ko atari agamije kumuvuna ahubwo yateraga umupira.
Victor Osimhen yasohotse mu kibuga ku munota wa 35' nyuma yo kuvunika
What's Your Reaction?










