Amakipe atatu yo muri Uganda yanze kwitabira imikino ya BAL 2026
Ikipe ya Namuwongo Blazers byemejwe ko ari yo izahagararira Uganda mu mikino yo gushaka itike yo kujya muri BAL ya 2026, nk’uko byemejwe n'Ishyirahamwe y'umukino wa Basketball muri iki gihugu, FUBA, mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga Mukuru waryo, Hudson Ssegamwenge.
Ibi byabaye nyuma y’inama yahuje ubuyobozi bwa FUBA n’abahagarariye ikipe ya City Oilers ifite igikombe giheruka, Namuwongo Blazers, Sommet na UCU Canons, amakipe yombi yageze muri 1/2 cya shampiyona ya Basketball ya Uganda ya 2025.
Iyo nama yabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 19 Nzeri, ku biro bya Komite Olempike ya Uganda biherereye i Lugogo, Kampala.
Imyanzuro yayo ikagira iti: "Byemejwe ko Namuwongo Blazers ari bo bazahagararira Uganda muri 'FIBA Road to BAL 2026', kuko City Oilers, yegukanye igikombe kugeza ubu, batashatse kwitabira iyi mikino y'uyu mwaka".
Namuwongo Blazers ni yo izahagararira Uganda mu mikino ya BAL 2026
Igakomeza ivuga ko "Icyemezo cyafashwe nyuma yo kugisha inama amakipe yose, harimo UCU Canons na Sommet Basketball, ari yo makipe yandi yageze muri 1/2 cya shampiyona y’uyu mwaka, ariko yose nta n'imwe yagaragaje ko yiteguye guhagararira Uganda mu 2025. Bityo rero Namuwongo Blazers gusa, nibo bagaragaje ko biteguye guhagararira igihugu."
Ubuyobozi bwa FUBA bwanzuye ko Shampiyona ya Basketball ya Uganda mu mwaka utaha w'imikino, izatangira muri Mutarama ikarangira muri Nyakanga 2026, kugira ngo habeho igihe gihagije cyo kumenya uzahagararira Uganda ku rwego rwa Afurika.
What's Your Reaction?










