APR FC yatsinze Rayon Sports mu majya n'amaza
APR FC yatsinze Rayon Sports ibitego 3-0 mu mukino w'umunsi wa karindwi wa shampiyona y'u (Rwanda Premier League).
Ni umukino watangiye ku isaha ya saa cyenda z'igicamunsi kuri Stade Amahoro, aho APR FC ari yo yari yakiriye. Mu minota ya mbere y'uyu mukino, amakipe yombi wabonaga urwego rujya kuganga gusa biza guhindura guhera mu minota 20 y'umukino ubwo APR yatangiraga kwataka izamu cyane.
Ku munota wa 26', Umunya-Uganda Ronaldo Ssekiganda yatsinze igitego ku mupira wari uvuye kuri koroneri yari itewe na Ruboneka Jean Bosco.
Bidatinze na none ku munota wa 37' w'umukino William Togui wa APR FC yatsinze igitego cya kabiri nyuma y'uko umuzamu wa Rayon Sports, Pavelh Ndzila yari agaruye ishoti rikomeye ryari ritewe na Hakim Kiwanuka maze usanga aho William Mel Togui ahagaze ahita atsinda igitego.
Mu gice cya kabiri cy'umukino, Rayon Sports yagerageje gushaka uburyo bwose bushoboka ngo ibone igitego gusa biranga kuko APR FC na yo yari ihagaze neza muri bamyugariro bayo. Mu minota itanu y'inyongera Mamadou Sy wari winjiye mu kibuga asimbuye yaje gutsinda igitego cya gatatu, umukino urangira uko.
APR FC yongeye kwiyunga n'abafana bayo nyuma yo gutsinda yandagaje mukeba wayo mu gihe mu mikino ibiri ya shampiyona iheruka yose yari yayinganyije.
Abafana ba APR FC bongeye kwishima instinzi banakuye kuri mukeba
Ni umukino wasifuwe na Kayitare David
What's Your Reaction?










