Umuryango w'aba Bellingham wajemo kidobya
Ababyeyi b’abakinnyi Jude Bellingham n’umuvandimwe we Jobe batandukanye, bikavugwa ko ise ubyara Mark Bellingham, wahoze ari umupolisi ari mu rukundo rushya w’umugore na we w'umupolisi witwa Shelley Punshon.
Mark Bellingham wahoze afite ipeti rya 'sergeant' mu gipolisi cy'u Bwongereza n’umugore we Denise, bafashije cyane abana babo kuba ibyamamare mu mupira w’amaguru, bamaze imyaka irenga 20 bashyingiranwe, ariko ubu urukundo rwabo rusa n'urwashyizweho akadomo nyuma yo kumara igihe batandukanye kubera gushaka uko bafasha abahungu babo.
Jude Bellingham w'imyaka 22 akaba imfura y'uyu muryango, ndetse akaba n'umukinnyi Real Madrid n'ikipe y'igihugu y'u Bwongereza, yagiye agaragaza kenshi ko ashimira ababyeyi be uburyo bamuhaye ubufasha bakemera gutamba imyuga yabo ngo agere ku rwego ariho ndetse na murumuna we Jobe, ubu ukinira Borussia Dortmund yo mu Budage.
Mark na Denise bahagaritse imirimo yabo kugira ngo bafashe abana babo, ndetse bava mu rugo rwabo rwari i West Midlands kugira ngo babashe kubaba hafi ubwo baganaga mu makipe yo muri Esipanye no mu Budage.
Mark na Denise Bellingham batandukanye
Ibyerekeye itandukana ryabo byatangiye guhwihwiswa mu cyumweru gishize ubwo bafotorwaga bicaye mu myanya itandukanye ku mukino umuhungu wabo Jobe n'ikipe ye Dortmud yakinaga na Athletic Bilbao muri UEFA Champions League.
Mark Bellingham w'imyaka 49 na Denise w'imyaka 57, bari barafashe inshingano zo kwita ku bahungu babo, Mark agakurikirana Jobe naho Denise akaba iruhande rwa Jude.
Umugore w'umupolisi witwa Shelley Punshon utuye i West Midlands aho umuryango w'aba Bellingham wahoze utuye, ni we uri inyuma yo gutandukana kwa Mark na Denise. Ibi bakagaragazwa cyane n'amafoto aherutse gushyira kuri Facebook avuga ko we na Mark Bellingham bitegura gusohokera i Santorini mu Bugereki.
Shelley Punshon wihishe inyuma y'itandukana rya Mark na Denise
Amakuru ava mu Budage avuga ko hari impungenge ku buyobozi bwa Dortmund ko ibibazo by'ababyeyi bishobora kugira ingaruka kuri Jobe w'imyaka 20, cyane ko muri iyi minsi ngo asigaye agaragaza ko atishimiye ndetse n'umusaruro mu kibuga wagabanutse.
Mark ni we uhagarariye abahungu be mu bijyanye n'amasezerano bagira n’amakipe, naho Denise akita ku bijyanye n’imari n’amakompanyi yabo ndetse n'ayo bakorana.
What's Your Reaction?










