Igihe ni iki ngo wongere uhange amaso shampiyona y'u Rwanda

Muri shampiyona y'u Rwanda y'icyiciro cya mbere "Rwanda Premier League" mu mwaka w'imikino 2025/2026, ibintu bisa naho ari bishya ku buryo uwari warahebye umupira ukinirwa mu rw'imisozi igihumbi yakongera kugaruka ku kibuga.

Dec 12, 2025 - 15:07
Dec 13, 2025 - 01:48
 0
Igihe ni iki ngo wongere uhange amaso shampiyona y'u Rwanda

Mu bihe bitandukanye iyo uganira n'abakunzi ba ruhago hano mu Rwanda, hari abo usanga bakubwira ko batagikurikira iby'umupira w'i Nyarugenge aka ya mvugo igezweho.

Abavuga ibi, bahuriraza ku ngingo zivuga ko impamvu zatumye batagiha umwanya shampiyona y'u Rwanda, harimo kuba irangwamo ibyitwa gutegura, aho amakipe aharirana amanota, imisifurire mibi, gutega, amarozi, ndetse n'ibindi byinshi bivugwa. Aba usanga bavuga ko ubu birebera umupira w'abanyaburayi.

Gusa ariko kandi abavuga ibi, muri uyu mwaka w'imikino 2025/2026 basa n'abataramenya impinduka ziri kuba muri Rwanda Premier League.

Kuva Ngoga Shema Fabrice yatorerwa kuyobora FERWAFA, ndetse n'urwego rutegura shampiyona y'icyiciro cya mbere rugashyiraho umuyobozi mukuru uhora mu nshingano, Jules Karangwa, hari gukora byinshi bituma ihangana ryongera kugira imbaraga.

Bimwe mu byatangiye no gukorwa, harimo ikijyanye no guhana abasifuzi bazarangwa n'amakosa y'imisifurire. Mu ntangiriro z'iyi shampiyona bamwe bagiye bahanwa kugeza no ku bafite ibyapa bya CAF, ibyatumye ubu ikibazo cy'imisifurire kiri gucyemuka uko bucyeye n'uko bwije.

Muri Rwanda Premier League n'abafana bitwaye neza basigaye bahebwa 

Uretse ibijyanye n'imisifurire kandi hatecyerejwe ku kijyanye no guhemba abakinnyi bitwaye neza nabyo bituma bongera kugira impamvu yo guhangana. Kuri ubu umukinnyi mwiza kuri buri mukino ahembwa ibihumbi 100 Rwf naho umukinnyi mwiza ku munsi wa shampiyona agahebwa ibihumbi 200, ndetse umukinnyi uzahiga abandi ku mwaka akazahabwa igihembo cy'imodoka ifite agaciro ka miliyoni 15 Rwf.

Si ibi gusa kandi byatuma shampiyona yongera kugira ihangana ryeruye kandi rifite imbaraga, kuko biteganyijwe ko n'amafaranga ahabwa ikipe yegukanye shampiyona azava kuri miliyoni 25 akagera kuri 80 Rwf ndetse amakipe 8 ya mbere yose akagira icyo ahembwa.

Ibindi birimo amakipe yo muri Sudani yongewemo na yo ari kwerekana urwego rwo hejuru mu mikinire, n'ibindi bikomeza gukora uko iminsi izaza. 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

Anselme Tuyizere -Media Personality -Sports-Entertainment Tel: +250791737786, Email: anselmetuyizere07@gmail.com