Isano rutahizamu Joy-Lance Mickels afitanye n'u Rwanda
Joy-Lance Mickels ukinira ikipe ya Sabah FK yo mu cyiciro cya mbere muri Azerbaijan, ni umwe mu bakinnyi 23 bahamagwe n’umutoza w’Amavubi Adel Amrouche, mu bo azifashisha ku mikino irimo uwa Bénin na Afurika y'Epfo.
Uyu mukinnyi Mickels ni we uhamagawe bwa mbere mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda, muri aba bose bahamagawe kuri iyi nshuro.
Joy-Lance wakuriye mu Budage akananyura mu marerero yaho y’umupira w’amaguru arimo n'irya Borussia Mönchengladbach ikina icyiciro cya mbere muri iki gihugu, afite umubyeyi we umwe w'Umunyarwanda.
Uyu musore w'imyaka 31 ni umuhungu wa Mickels Jacques Akilimali (Ise) w'Umunyarwanda gusa wabaye cyane mu gihugu cy'u Budage, naho nyina bikavugwa ko afite inkomoko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Uyu rutahizamu mushya w'Amavubi afite n'impanga ye yitwa Joy-Slayd na we ukina mu cyiciro cya mbere muri Azerbaijan, ndetse na murumuna wabo muto witwa Leroy-Jacques na we ukina ruhago.
Yanyuze mu makipe atandukanye mu Budage, arimo Borussia Mönchengladbach II, Schalke 04 II, Alemannia Aachen na Wacker Nordhausen yafashije no kwegukana igikombe cya Thuringian Cup muri 2019, Carl Zeiss Jena, ndetse aza no kwerekeza mu Buholandi muri MVV Maastricht.
Mu 2021 yaje kwerekeza muri Sabah FK yo muri Azerbaijan, gusa mu 2023 aza kuyivamo yerekeza Al-Faisaly yo muri Saudi Arabia yakiniye umwaka umwe yongera kugaruka muri Sabah.
Joy-Lance Mickels ubwo yageraga muri Sabah FK mu 2021
Uyu mukinnyi aganira n'itangazamakuru yavuze azaba ari ubwa mbere ageze mu Rwanda
What's Your Reaction?










