Uganda : Uwari umaze iminsi ibiri ashyinguwe yongeye kugaragara ari muzima

Mu gihugu cya Uganda, mu gace ka Kijura Central Cell hakomeje kuvugwa inkuru idasanzwe y’umugabo wari waratangajwe ko yapfuye ndetse agashyingurwa, nyuma akaza gutungura umuryango we agaruka ari muzima.

May 14, 2026 - 11:06
May 14, 2026 - 12:15
 0
Uganda : Uwari umaze iminsi ibiri ashyinguwe yongeye kugaragara ari muzima

Uyu mugabo witwa Godwin Baguma yari amaze ibyumweru aburiwe irengero, ibintu byari byateye impungenge umuryango n’abaturanyi be.

Nyuma y’igihe gito, Polisi yatoye umurambo wangiritse cyane mu murima w’ibisheke mu gace ka Kisanja, ihita iwujyana mu buruhukiro bw’ibitaro bya Masindi kugira ngo hamenyekane nyirawo.

Umuryango wa Baguma wahise umenyeshwa ayo makuru. Se umubyara, Yakobo Kamuturaki, yavuze ko kubera uko uwo murambo wari umeze nabi, atabashije kuwureba ahubwo yohereje abandi bana be ngo bajye kuwureba.

Yagize ati: “Bambwiye ko umurambo wari wangiritse cyane. Abahungu banjye bawurebye bavuga ko ari musaza wabo, turabyemera dutangira gahunda yo kumushyingura.”

Umuryango wahise utegura umuhango wo gushyingura, abaturage benshi baraza gufata mu mugongo abari mu gahinda. Icyakora, mbere gato y’uko umuhango urangira, hatangiye gukwirakwira amakuru avuga ko Baguma yaba agaragaye mu mudugudu duturanye.

INDI NKURU WASOMA :José Mourinho mu biganiro bya nyuma byo kugaruka gutoza Real Madrid 

Mushiki we, Jane Birungi, yavuze ko babanje kubifata nk’ibihuha kuko bari bamaze gushyingura uwo bakekaga ko ari we. Gusa bahisemo kujya kubyirebera.

Ati: “Twagezeyo dusanga ni we koko. Twese twarakangutse, tubura icyo tuvuga.”

Amakuru avuga ko Baguma yari yaraye kwa mugenzi we, ari na ho bamusanze. Yahise asubizwa iwe, ibintu bihagarika icyunamo cyari kiri gukorwa.

Ibi byatumye umuryango ushyingura umurambo wari warashyinguwe kugira ngo usubizwe mu buruhukiro, nyuma y’uko bigaragaye ko atari uwa Baguma.

Umuturanyi witwa Janet Asiimwe yavuze ko ari ibintu bitigeze bibaho muri ako gace.

Yagize ati: “Twari twamaze kumuririra no kumushyingura, nyuma agaruka ari muzima. Ni ibintu bitangaje cyane.”

Polisi yemeje aya makuru, itangaza ko iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane nyir’umurambo wari washyinguwe ndetse inasaba abaturage kujya bitondera kumenya neza imyirondoro y’abapfuye mbere yo kubashyingura, cyane cyane iyo imibiri yangiritse bikabije.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow