José Mourinho mu biganiro bya nyuma byo kugaruka gutoza Real Madrid
Ikipe ya Real Madrid iri mu biganiro bya nyuma n’umutoza José Mourinho kugira ngo agaruke kuyibera umutoza mukuru, imyaka 13 ishize avuye muri iyi kipe yo mu murwa mukuru wa Espagne.
Amakuru ava i Madrid avuga ko Mourinho w’imyaka 63 ari we mukandida wa mbere ndetse kugeza ubu akaba ari we wenyine ubuyobozi bwa Real Madrid buri kuganiraho kugira ngo asimbure Álvaro Arbeloa, uherutse guhabwa izi nshingano muri Mutarama nyuma yo kugenda kwa Xabi Alonso.
Perezida wa Real Madrid, Florentino Pérez, ngo yatangiye gutekereza ku kugarura Mourinho nyuma y’iminsi ibiri Xabi Alonso avuye muri iyi kipe, ahita atangira ibiganiro n’abahagarariye uyu mutoza w’Umunya-Portugal.
Kuri ubu Mourinho atoza Benfica yo mu gihugu cye, ikipe yasinyiye amasezerano y’imyaka ibiri muri Nzeri umwaka ushize. Gusa amasezerano ye amwemerera kugenda mu gihe hari ikipe yifuza kumutwara, igatanga miliyoni eshatu z’amayero mu minsi 10 nyuma y’umukino wa nyuma wa shampiyona.
Benfica izakina umukino wa nyuma wa shampiyona kuri uyu wa Gatandatu ihura na Estoril Praia, bivuze ko kuva ku Cyumweru Real Madrid ishobora guhita isoza ibiganiro ikamugarura ku mugaragaro.
INDI NKURU WASOMA : Hatangajwe imishinga yatumbagije ingengo y'imari ya 2026/27
Ubwo yabazwaga n’itangazamakuru ku hazaza he, Mourinho yavuze ko atifuza kugira icyo abitangazaho mbere y’umukino wa nyuma wa Benfica.
Yagize ati: “Hari umukino wa Estoril, nyuma yawo ni bwo nzavuga ku hazaza hanjye ndetse n’ahazaza ha Benfica.”
Mourinho yaherukaga gutoza Real Madrid hagati ya 2010 na 2013, aho yatwaranye na yo ibikombe birimo La Liga, Copa del Rey ndetse na Spanish Super Cup.
Nyuma yaho yagarutse muri Chelsea, atwarayo Premier League n’Igikombe cya Carabao, mbere yo kujya muri Manchester United aho yegukanye Europa League, League Cup na Community Shield.
Yanatoje Tottenham, AS Roma yayihesheje UEFA Europa Conference League mu 2022, ndetse na Fenerbahçe mbere yo kwerekeza muri Benfica.
Real Madrid iri gushaka umutoza mushya nyuma y’umwaka mubi yasojemo nta gikombe na kimwe yegukanye.
Mukeba wayo Barcelona ni we wegukanye La Liga nyuma yo kuyitsinda ibitego 2-0 muri El Clasico, ayisiga amanota 14, mu gihe no muri Champions League yasezerewe na Bayern Munich ku giteranyo cy’ibitego 6-4 muri ¼.
Hanavuzwe umwuka mubi mu rwambariro, aho Aurélien Tchouaméni na Federico Valverde baherutse gucibwa miliyoni imwe y’amayero nyuma y’amakimbirane akomeye.
What's Your Reaction?










