RIB yasubije Yago uvuga ko yabujijwe gutaha mu Rwanda
Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko Umunyamakuru akaba n'umuhanzi Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago Pon Dat nta kintu kimubuza gutaha mu Rwanda, niba koko ari cyo yifuza.
Ibi byatangajwe n'Umuvugizi wa RIB, Dr. Thierry Murangira, mu kiganiro n'abanyamakuru cyabaye ku wa 19 Kamena 2026.
Abajijwe ku byifuzo bya Yago byo kugaruka mu Rwanda nyuma y'imyaka ibiri ari muri Uganda, Dr. Murangira yavuze ko amarembo y'igihugu afunguye.
Yagize ati: "Yago, uwo nguwo ushaka gutaha amarembo y'u Rwanda arafunguye. Arabuzwa n'iki? Muze mumubaze ngo arabuzwa n'iki gutaha?"
INDI NKURU WASOMA :Perezida Ndayishimiye yahanaguye ku batutsi amaraso y'abahutu barenga ibihumbi 300
Aya magambo aje nyuma y'uko Yago aherutse gutangaza ko yagejeje ikirego muri RIB, ashinja abantu batatu bazwi mu myidagaduro nyarwanda kuba barigeze kugambirira kumugirira nabi.
Yavuze ko abo ashinja barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta na Gateka Esther Brianne uzwi nka DJ Brianne, asaba ko hakorwa iperereza ku makuru yahawe n'abatangabuhamya.
Yago amaze imyaka ibiri aba muri Uganda, aho yakunze kuvuga ko yahunze kubera impungenge z'umutekano we.
Muri Nzeri 2024, Dr. Murangira yari yatangaje ko mbere yo kuva mu Rwanda, Yago yari ari gukorwaho iperereza ku byaha birimo kubiba amacakubiri n'ivangura, ariko aza kuva mu gihugu iperereza rigikomeje.
What's Your Reaction?










