Perezida Ndayishimiye yahanaguye ku batutsi amaraso y’Abahutu barenga ibihumbi 300

Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yavuze ko ubwicanyi ndengakamere bwahitanye abarenga ibihumbi 300 by’Abahutu mu 1972 butateguwe cyangwa ngo bukorwe n’Abatutsi nk’ubwoko, ahubwo ko bwakozwe n’abari abayobozi b’icyo gihe, asaba Abatutsi kudakomeza kugira ubwoba no kurebera hamwe amateka kugira ngo igihugu gikire ibikomere byayo.

Jun 19, 2026 - 16:06
Jun 19, 2026 - 16:42
 0
Perezida Ndayishimiye yahanaguye ku batutsi amaraso y’Abahutu barenga ibihumbi 300

Ibi yabivugiye mu Ntara ya Buhumuza mu masengesho yo gushimira Imana imyaka itandatu amaze ayoboye igihugu.

Yavuze ko akenshi iyo havuzwe ibyabaye mu 1972, hari abahita bumva ko ari Abatutsi bose babigizemo uruhare, ibintu yavuze ko atari byo.

Yagize ati: “Nagira ndabaremeshe. Ririya honyabwoko ntiryakozwe n’Abatutsi. Ryakozwe n’indongozi zari zirongoye igihugu. Abo nabo ntibagira ubwoko.”

Ndayishimiye yakomeje asaba abaturage kutarebera amateka mu ndorerwamo y’amoko, ahubwo bakareba uruhare rw’abayobozi babi bashobora gusenya igihugu.

INDI NKURU WASOMA :Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burundi yasabye FLN gutera u Rwanda

Yongeyeho ko nta Mututsi ukwiye gukomeza kugira ubwoba kubera ibyatangajwe n’ikorwa ry’iperereza ku byabaye mu 1972.

Ati: “Ntihagire rero Umututsi asubira kugira ubwoba. Twebwe dushaka kwerekana y’uko indongozi mbi ihonya igihugu.”

Aya magambo aje nyuma y’uko Komisiyo y’Ukuri n’Ubwiyunge mu Burundi (CVR) ishyikirije Inteko Ishinga Amategeko n’Umutwe wa Sena raporo ivuga ko mu 1972 habaye iyicarubozo ryibasiye Abahutu, rigahitana abarenga ibihumbi 300.

Si ubwa mbere iyi komisiyo igeze kuri uwo mwanzuro. Mu 2021 na bwo yari yashyize hanze raporo yemeza ko habaye ihonyabwoko ryakorewe Abahutu, nubwo kugeza ubu leta y’u Burundi itarashyiraho itegeko ribyemeza mu buryo bwa burundu.

Mu mateka y’u Burundi, imyaka ya 1965, 1972, 1988 na 1993 ni imwe mu yaranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwashingiye ku moko hagati y’Abahutu n’Abatutsi. Gusa hari impaka zikomeje hagati y’impande zitandukanye ku miterere nyayo y’ibyabaye n’ababigizemo uruhare.

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow