Perezida Trump yifatiye ku gahanga Thomas Tuchel utoza Ubwongereza

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yinjiye mu bavuga ko Umutoza w'ikipe y'igihugu y'u Bwongereza, Thomas Tuchel, yakoze amakosa mu mukino wa ½ cy'Igikombe cy'Isi batsinzwemo na Argentina ibitego 2-1, agaragaza ko kudakoresha neza Harry Kane byagize uruhare muri uko gutsindwa.

Jul 18, 2026 - 10:23
Jul 18, 2026 - 11:27
 0
Perezida Trump yifatiye ku gahanga Thomas Tuchel utoza Ubwongereza

Mu mukino wabaye ku wa 15 Nyakanga 2026, u Bwongereza bwafunguye amazamu ku gitego cya Anthony Gordon, ariko Argentina yaje kwishyura ibifashijwemo na Enzo Fernández mbere y'uko Lautaro Martínez atsinda igitego cy'intsinzi ku mupira wari uturutse kuri Lionel Messi mu minota y'inyongera.

Nyuma y'uyu mukino, Trump yavuze ko atumva impamvu Harry Kane, usanzwe ari rutahizamu ukomeye, yashyizwe mu nshingano zo gufasha ubwugarizi mu gice cya kabiri, aho gukomeza gushakira ikipe ibitego.

Yagize ati: "Mu Bwongereza mufite umukinnyi ukomeye witwa Harry Kane. Twigeze no gukinana Golf hamwe. Ntekereza ko bakoze ikosa ryo kumukinisha asa n'uri mu bwugarizi. Bafashe umukinnyi wabo mwiza bamushyira inyuma kandi bari bakwiye gukomeza basatira."

Ibi yabivuze nyuma y'uko Tuchel anenzwe n'abasesenguzi n'abafana kubera impinduka yakoze mu minota ya nyuma, aho yongeye abakinnyi bo mu bwugarizi agamije kurinda igitego kimwe bari bafite.

INDI NKURU WASOMA :Aston Villa ikomeje guterwa imijujugu nyuma yo gusinyana amasezerano n’u Rwanda 

Ubwo yagezwagaho aya magambo ya Trump mu kiganiro n'abanyamakuru, Tuchel ntiyayahaye agaciro, ahitamo kutinjira muri iyo mpaka.

Trump yanagarutse ku mwanzuro wa FIFA wo gukuraho ibihano by'umukinnyi w'ikipe ya Amerika, Folarin Balogun, wari warahawe ikarita itukura. Yavuze ko yari yaravuganye na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, amusaba gusuzuma icyo kibazo.

Icyakora, ayo magambo yongeye gukurura impaka, kuko hari abavuga ko ashobora kugaragaza ko abanyapolitiki bagira uruhare mu byemezo bya FIFA, nubwo uru rwego rwakomeje gushimangira ko ibyemezo byarwo bifatwa n'inzego zigenga.

Nubwo impaka zakomeje, Trump yashimye uburyo Igikombe cy'Isi cya 2026 cyateguwe muri Amerika, Canada na Mexique, avuga ko ari kimwe mu birori bya siporo byagenze neza kurusha ibindi, mu gihe Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, na we yavuze ko iri rushanwa ryarushije kure ibyari byitezwe.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow