Kayitare David yahawe umukino w'abakeba
Umukino w'ishiraniro wa APR FC na Rayon Sports utegerejwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 08 Ugushyingo 2025, abasifuzi bazawuyobora bamenyekanye.
Ni umukino uzatangira ku isaha ya saa cyenda z'igicamunsi ukabera kuri Stade Amahoro i Remera mu Karere ka Gasabo.
Uyu mukino, amakuru ava mu bari hafi ya Rwanda Premier League itegura shampiyona ndetse na FERWAFA avuga ko uzayoborwa n'umusifuzi Kayitare David.
Uyu musifuzi uri mu bato mu myaka urebye mu basanzwe basifura muri shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda, akaba azungirizwa na Dieudonne Mutuyimana (Dodos), Ishimwe Didier ndetse n'umusifuzi wa kane Is’haq Nizeyimana.
Kayitare David ahawe uyu mukino w'abakeba babiri bakomeye muri shampiyona y'u Rwanda, mu gihe muri iyi minsi hari ibibazo by'imisifurire ndetse abasifuzi barimo na Ishimwe Jean Claude (Cucuri) wasifuye uyu mukino kenshi wahagaritswe.
Kayitare David ubwo yatangaga ikarita y'umutuku mu mukino wa Rayon Sports na Amagaju FC
What's Your Reaction?










