Nyanza : Ikamyo ya Howo yinjiye mu nzu ihitana umugore, ikomeretsa batanu
Umugore umwe yitabye Imana mu gihe abandi bantu batanu bakomerekejwe n'impanuka y'imodoka yo mu bwoko bwa Howo yabereye mu Karere ka Nyanza, nyuma yo guta umuhanda ikinjira mu nzu y'ubucuruzi yari iruhande rw'umuhanda.
Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo ku wa 30 Nyakanga 2026, ahagana saa kumi n'imwe, mu Mudugudu wa Nyakabungo, Akagari ka Gasoro, Umurenge wa Kigoma.
Amakuru y'ibanze agaragaza ko iyo modoka yari ipakiye umucanga, ibintu bikekwa ko byari byongereye uburemere bwayo. Nyuma yo guta umuhanda, yagonze inzu y'ubucuruzi irayinjiramo, ihitana umugore wari uyirimo ndetse ikomeretsa abandi bantu batanu, barimo na shoferi wari uyitwaye.
Umuyobozi w'Agateganyo w'Akarere ka Nyanza, Kajyambere Patrick, yavuze ko kugeza ubu hakiri gushakishwa undi muntu bikekwa ko yaba yagwiriwe n'iyo modoka.
Yagize ati: "Mu bahise bitaba Imana harimo umugore, naho abandi batanu barakomereka harimo na shoferi. Ntituramenya neza umubare w'abagizweho ingaruka kuko hari n'umuntu kugeza ubu ugishakishwa, bikekwa ko imodoka yaba yamuryamiye."Nkuko yabibwiye Igihe.
INDI NKURU WASOMA :Urugendo rudasanzwe rwa nyakwigendera Donatille Mukabalisa muri politiki
Yakomeje avuga ko uwitabye Imana n'abakomeretse bahise bajyanwa ku Bitaro bya Nyanza kugira ngo bitabweho, anihanganisha umuryango wabuze uwabo ndetse n'abagize ibikomere muri iyi mpanuka.
Kugeza ubu icyateye impanuka ntikiramenyekana. Ubuyobozi bw'Akarere bwatangaje ko hagitegerejwe ibyavuye mu iperereza rya Polisi y'u Rwanda, ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, kugira ngo hamenyekane icyayiteye.
What's Your Reaction?










