Ndayishimiye yatangiye urugendo rwo guhuza Tshisekedi n’abatavuga rumwe na we
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), yatangiye ibiganiro bigamije guhuza Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), Félix Tshisekedi, n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe mu rwego rwo gushakira umuti ibibazo bya politiki bikomeje kuvugwa muri iki gihugu.
Ni nyuma y’uko i Bujumbura hageze intumwa zitandukanye zaturutse muri DRC zirimo abanyapolitiki batavuga rumwe na Leta ndetse n’abahagarariye amadini, zitabiriye ubutumire bwa Perezida Ndayishimiye.
Abo banyapolitiki batangaje ko bajyanywe i Bujumbura kugira ngo baganire n’umukuru w’Igihugu cy’u Burundi ku bibazo bya politiki biri muri DRC no ku buryo haboneka ubwumvikane hagati y’impande zitavuga rumwe.
Delly Sessanga, umwe mu banyapolitiki bari muri uru ruzinduko, yavuze ko bari biteguye kugeza kuri Perezida Ndayishimiye ibitekerezo byabo ndetse no kumva ibyo yaba yaraganiriyeho na Perezida Tshisekedi ubwo aheruka kugirira uruzinduko i Kinshasa.
Ibiganiro biri kuba mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa DRC bakomeje kwamagana umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga, bavuga ko ushobora gufasha Perezida Tshisekedi kongera kwiyamamaza nyuma ya manda ye ya kabiri izarangira mu 2028.
INDI NKURU WASOMA : Abarenga 120 bajyanywe kwa muganga nyuma yo kunywa umutobe mu bukwe
Ku ruhande rwa Leta, Perezida Tshisekedi yavuze ko niba abaturage babyemeye binyuze muri kamarampaka, impinduka zishobora gukorwa mu buryo bwemewe n’amategeko.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bahuriye mu ihuriro ryiswe C64, bavuga ko badashyigikiye uwo mugambi. Martin Fayulu, umwe mu bayobozi bakomeye batavuga rumwe na Leta, yavuze ko badashaka ko Itegeko Nshinga rihindurwa kugira ngo hafungurwe inzira ya manda ya gatatu.
What's Your Reaction?










