Kayonza: Umugabo arakekwaho kwica umubyeyi w'abana babiri amunize

Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore w'imyaka 25 y'amavuko wari umubyeyi w'abana babiri, nyuma yo kumusanga yapfiriye mu nzu yakodeshaga mu Karere ka Kayonza.

Aug 1, 2026 - 08:08
Aug 1, 2026 - 08:10
 0
Kayonza: Umugabo arakekwaho kwica umubyeyi w'abana babiri amunize

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Gasogororo, Akagari ka Mukarange, mu ijoro ryo ku wa 30 Nyakanga 2026, aho Polisi y'u Rwanda yatabajwe n'abaturage bavuga ko hari amakimbirane yari yabereye muri iyo nzu ahagana saa cyenda z'ijoro.

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, yavuze ko abapolisi bageze aho byabereye basanze inzu ifungishijwe ingufuri iri hanze, bahita bata muri yombi umuntu ukekwaho kugira uruhare muri uru rupfu.

Yagize ati: "Abapolisi bahageze basanze inzu ifungiye hanze. Uwo ukekwa yahise afatwa, umurambo w'uwitabye Imana ujyanwa ku Bitaro bya Gahini kugira ngo ukorerwe isuzuma,"nkuko yabibwiye The New Times.

Polisi yavuze ko iperereza rigikomeje, bityo itaratangaza imyirondoro y'ukekwa cyangwa icyaba cyihishe inyuma y'ubu bwicanyi.

INDI NKURU WASOMA:Uko abambari ba 'Hutu Power' n'Akazu'  bashyizwe ku ibere mu butegetsi bwa Tshisekedi 

Abaturage bo muri aka gace bavuga ko uwo mugabo atari asanzwe azwi aho batuye. Bavuga ko ku mugoroba wabanjirije urupfu rw'uyu mugore, bombi bari bamaze amasaha banywera hamwe mbere yo kujya iwe kurarana.

Hari n'abemeza ko mbere yo kuva aho banyweraga bagiranye amakimbirane, bikekwa ko ashobora kuba ari yo yaje kuvamo ubu bwicanyi.

Uyu mugore wari uzwi ku izina rya Tuyishimire asize abana babiri bato. Amakuru atangwa n'abaturage avuga ko umugabo we asanzwe afungiye mu Kigo cya Karubamba gicumbikira by'agateganyo abafite imyitwarire inyuranyije n'amategeko, ibintu bisize abo bana badafite umubyeyi ubitaho.The New Times (Rwanda) on X:

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow