Inteko Ishinga Amategeko yahamagaje MINALOC na RDB
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yahamagaje Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) kugira ngo bisobanure ingamba biri gufata mu guhangana n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa mu buryo butemewe n’amategeko.
Ibi byatangajwe ku wa Kane tariki 12 Werurwe, ubwo Komite y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano yagezaga ku badepite raporo isesengura ibibazo by’ubujura n’ubucukuzi butemewe bigira ingaruka ku mutekano w’abaturage mu bice bitandukanye by’igihugu.
Visi Perezida w’iyi komite, Jean Claude Ntezimana, yavuze ko MINALOC na RDB bahawe amezi atandatu kugira ngo bazagaruke imbere y’Inteko bagaragaza ingamba zifatika bafashe mu gukemura ibibazo byagaragajwe muri iyo raporo.
MINALOC yasabwe gusobanura uko igiye kongerera imbaraga amatsinda yo mu turere ashinzwe kugenzura ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, hagamijwe kunoza igenzura no gukumira ibikorwa bikorwa mu buryo butemewe.
INDI NKURU WASOMA :Icyo wamenya kuri Kaminuza ya gisirikare igiye kubakwa mu Rwanda
Ku ruhande rwa RDB, rufite mu nshingano gukurikirana urwego rw’ubucukuzi binyuze mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz (RMB), rwabajijwe impamvu zituma gutanga impushya zo gucukura amabuye y’agaciro bitinda. Abadepite bagaragaje ko uku gutinda ari kimwe mu bituma bamwe bajya mu bucukuzi butemewe.
Inteko Ishinga Amategeko yasabye kandi RDB kunoza igenzura ku masezerano asinywa hagati ya RMB n’ibigo byahawe impushya zo gucukura, cyane cyane mu gihe hari ibigo bikoresha abakontrata batemewe n’amategeko.
What's Your Reaction?










