Ntabwo ari amakosa ni ubusirumu - Ivangandimi ku isonga y’ibibangamiye Ikinyarwanda

Ubushakashatsi bwakozwe n’Inteko y’Umuco ku isuzumabipimo ku murage ndangamuco w’u Rwanda bwerekanye ko Ikinyarwanda kitari gukoreshwa neza muri iki gihe ahanini bitewe no kukivangamo izindi ndimi z’amahanga.

Feb 16, 2026 - 14:00
Feb 16, 2026 - 20:58
 0
Ntabwo ari amakosa ni ubusirumu - Ivangandimi ku isonga y’ibibangamiye Ikinyarwanda

Ababajijwe mu iryo suzumabipimo, abenshi bagaragaje ko mu by’ukuri imikoreshereze y’ururimi rw’Ikinyarwanda muri iki gihe iteje inkeke, gusa ku rundi ruhande hari n’abandi bake mu mboni zabo babona uko rukoreshwa nta kibazo kirimo.

Mu byagaragajwe nk’ibitiza umurindi imikoreshereze itaboneye y’Ikinyarwanda, ku isonga haza imyumvire y’abatumva ikibazo mu kuba rukoreshwa nabi, kutaruha agaciro, ikoreshwa ry’indimi z’amahanga mu mashuri n’ibindi.

Ibi bikaba ari na byo bivamo ‘Ivangandimi’ aho usanga umuntu yinjiza izindi ndimi mu Kinyarwanda cyane mu gihe ari kuvuga.

Imikoreshereze.jpeg
Mu bihe binyuranye Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame yagiye yumvikana kenshi akebura abaturage ndetse n’abayobozi bagoreka Ikinyarwanda.

Urugero rwa vuba ni igihe yari yitabiriye Inama nkuru ya 17 y’Umuryango FPR-Inkotanyi kuwa 19 Ukuboza 2025, aho yibukije abanyamuryango bari bayitabiriye kujya banoza Ikinyarwanda.

Mu mwaka wa 2023, mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yaberaga muri Kigali Convention Center na bwo Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame yabikomojeho, avuga ko n’ubwo u Rwanda rwanyuze mu mateka mabi yateye bamwe gukurira mu mahanga, ko ariko badakwiye kugoreka Ikinyarwanda.

Aganira na Igisubizo .com ,UWIRINGIYIMANA J.Claude, Intebe y’Inteko Yungirije mu Nteko y’Umuco yemeje ko intandaro yo gukoresha nabi ururimi rw’Ikinyarwanda bigirwamo uruhare n’imitekerereze ya gikoroni agasanga hakwiye ubufatanye mu  kurusigasira.

Gusa n’abaturage banenga abagoreka nkana Ikinyarwanda ndetse n’abazivangamo izindi ndimi bagamije kugaragaza ko ari abasirimu bityo bagasaba ababikora kubicikaho bagakoresha Ikinyarwanda mu buryo bunoze.
Ikinyarwanda ni imwe mu nkingi z’ibanze mu bigize umuco w’Abanyarwanda, kikaba ari rwo shingiro ry’imibereho y’abantu n’umuco wabo aho rukoreshwa n’Abanyarwanda bagera kuri 99,4 %, mu gihe abaruvuga rwonyine gusa barenga 90%.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow