Intambara y'u Burusiya na Ukraine yaba iri kwimukira muri DRC?
Amakimbirane hagati y'u Burusiya na Ukraine akomeje gufata indi ntera, nyuma y'uko Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'u Burusiya, Sergey Lavrov, ashinje Ukraine kwivanga mu bibazo by'umutekano biri mu bihugu bya Afurika, by'umwihariko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) ifasha umutwe wa M23 gusa ariko Ukraine ikabyigarama.
Lavrov yabitangaje ubwo yari mu ruzinduko i Bujumbura mu Burundi, aho yagiranye ibiganiro na Perezida Évariste Ndayishimiye ndetse na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'u Burundi.
Yavuze ko Ukraine iri gufasha umutwe wa M23 uhanganye n'ingabo za Leta ya DRC n'abo bafatanyije, barimo u Burundi.
Yagize ati: "Turabona ibikorwa byo kwivanga mu bibazo bya Afurika. M23 iri gufashwa n'abanyamahanga barimo n'Abanya-Ukraine."
Yakomeje avuga ko Ukraine iri gushaka kwagura ijambo ryayo muri Afurika binyuze mu gufasha imitwe irwanya za Guverinoma zifitanye umubano n'u Burusiya.
Icyakora, Ukraine yahise ihakana ibyo birego, ivuga ko ari "amakuru y'ibinyoma akwirakwizwa na Kremlin."
Umuvugizi wa Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Ukraine, Heorhii Tykhyi, yavuze ko igihugu cye kitivanga mu ntambara zo muri Afurika, ahubwo ko u Burusiya ari bwo bumaze imyaka bushyigikira imitwe yitwaje intwaro ndetse bugakoresha abaturage ba Afurika mu ntambara yabwo na Ukraine.
Yagize ati: "U Burusiya burashinja abandi ibyo na bwo bukora. Nta kimenyetso na kimwe cyerekana ko Ukraine ifasha M23."
Mu myaka ishize, u Burusiya bwakomeje kwagura ibikorwa byabwo muri Afurika binyuze mu mutwe wa Wagner, nyuma uza gusimburwa na Africa Corps igenzurwa na Minisiteri y'Ingabo y'u Burusiya.
Ku rundi ruhande, Ukraine na yo yakajije umurego mu mubano wayo na Afurika, ifungura ambasade nshya, itanga inkunga y'ibiribwa ndetse ikomeza gushaka ubufatanye n'ibihugu bitandukanye byo kuri uyu mugabane.
INDI NKURU WASOMA : Hazakusanywa asaga miliyari 4,640 Frw nk’imisoro mu mwaka wa 2026/27
Iri terana ry'amagambo rije mu gihe intambara yo mu Burasirazuba bwa DRC ikomeje gukaza umurego, aho M23 ivuga ko iharanira uburenganzira bw'Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, mu gihe Guverinoma ya RDC iyishinja guteza umutekano muke.
Abasesenguzi bavuga ko uko u Burusiya na Ukraine bikomeje guhatanira ijambo muri Afurika, bishobora gutuma uyu mugabane urushaho kuba urubuga rw'ihangana rya dipolomasi n'inyungu z'ibi bihugu byombi.
What's Your Reaction?










