Amateka yihishe inyuma y'ikipe ya Argentina idakunze kugaragaramo abakinnyi b'Abirabura

Mu gihe Ikipe y'Igihugu ya Argentina ikomeje kuba imwe mu zikomeje gutanga ubutumwa mu gikombe cy’Isi cya 2026, hari ikibazo cyakunze kwibazwa n'abatari bake: kuki iyi kipe idakunze kugaragaramo abakinnyi bakomoka ku birabura nk'uko bimeze mu bindi bihugu byo muri Amerika y'Epfo?

Jun 20, 2026 - 08:59
Jun 20, 2026 - 09:06
 0
Amateka yihishe inyuma y'ikipe ya Argentina idakunze kugaragaramo abakinnyi b'Abirabura

Abasesenguzi n'abashakashatsi bavuga ko igisubizo cy'iki kibazo kidashingiye gusa ku mupira w'amaguru, ahubwo gifitanye isano n'amateka maremare y'iki gihugu.

Mu bihe by'ubukoloni, abaturage bakomokaga muri Afurika bari bagize umubare munini w'abatuye Argentina.

Hari na raporo z’ibanga Igisubizo .com twabonye zigaragaza ko hari intara zo muri iki gihugu aho abirabura bageraga hafi kuri 50% by'abaturage bazituye.

Amateka agaragaza ko no mu rugamba rwo guharanira ubwigenge bwa Argentina, Abanyafurika n'ababakomokaho bagize uruhare rukomeye.

INDI NKURU WASOMA : RIB yasubije Yago uvuga ko yabujijwe gutaha mu Rwanda

Umusirikare w'icyamamare José de San Martín, wagize uruhare rukomeye mu kubohora igihugu, yigeze kuvuga ko hari Abanyafurika bagera ku 400,000 bashoboraga kwinjizwa mu gisirikare cye. Icyo gihe abarenga 65% by'ingabo ze bari bakomoka ku birabura.

Nyamara uko imyaka yagiye ishira, umubare w'aba baturage waragabanutse cyane. Ibarura ryakozwe mu 2010 ryagaragaje ko abaturage ba Argentina bakomoka ku birabura bari munsi ya 0,5% by'abaturage bose b'icyo gihugu.

Bamwe mu bahanga bavuga ko ibi byatewe n'impamvu zitandukanye zirimo intambara zahitanye abagabo benshi b'abirabura, kwimukira kw'abaturage benshi baturutse i Burayi ndetse n'imiterere ya politiki y'icyo gihugu mu myaka yashize yashyiraga imbere umuco n'imibereho by'Abanyaburayi.

Argentina ubu ifatwa nk'imwe mu bihugu bifite abaturage benshi bakomoka i Burayi kurusha ibindi byo muri Amerika y'Epfo. Abimukira baturutse cyane mu Butaliyani no muri Espagne bagize uruhare runini mu guhindura imiterere y'abaturage bayo.

Nubwo abakomoka ku birabura badakunze kugaragara cyane mu mupira w'amaguru wa Argentina, amateka agaragaza ko bagize uruhare rukomeye mu kubaka igihugu.

 Hari n'abashakashatsi bavuga ko umuziki wa Tango, wamamaye ku Isi hose nk'ikirango cya Argentina, ufite inkomoko ikomeye mu muco w'Abanyafurika bahabaye.

Two Argentinian couples win 2021 Buenos Aires Tango World Cup | Arts and  Culture News | Al Jazeera

Uyu munsi, iyo umuntu arebye ikipe ya Argentina irimo ibyamamare nka Lionel Messi, biragoye kubona umukinnyi ukomoka ku birabura. Icyakora, inyuma y'iyo sura y'iki gihe hihishe amateka maremare agaragaza ko abaturage bakomoka muri Afurika bagize uruhare rukomeye mu rugendo rw'iki gihugu.

 FIFA charges Argentina over World Cup final celebrations

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow