Imyitwarire y'abarimo USA mu kibazo cy'umutekano muri DRC biri mu bikididinzia igerwaho ry'amahoro?
Mu gihe uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kuba indiri y'imirwano n'ibibazo by'umutekano, harushaho kwibazwa uburyo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifata uruhande rwa Leta ya Perezida Félix Tshisekedi mu bibazo byugarije iki gihugu.
Mu mezi ashize, Washington yakunze gusaba imitwe yitwaje intwaro kubahiriza amasezerano y'agahenge no kuva mu bice bimwe na bimwe yafashe.
Icyakora, hari abasesenguzi barimo Tom Ndahiro waganiriye na The New Times babivuga , iyo habaye amakosa cyangwa ibikorwa byibasira abasivili bikozwe n'ingabo za Congo cyangwa imitwe iyishyigikiye, usanga amahanga arimo na USA atabitindaho nk'uko bikorwa ku bandi bahanganye.
Raporo zitandukanye zasohotse muri Gicurasi 2026 zagaragaje ko ingabo za FARDC zifatanyije n'abarwanyi ba Wazalendo zagabye ibitero mu bice bya Rubaya muri Kivu y'Amajyaruguru. Hari amakuru avuga ko drones zakoreshejwe zangije ibikorwa remezo ndetse hakagira abaturage bakomereka.
Mu Majyepfo ya Kivu na ho, umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko indege za gisirikare, kajugujugu na drones byakoreshejwe mu bitero byagabwe hafi ya Minembwe no mu bindi bice bihaturiye. Yavuze kandi ko amatungo y'abaturage, harimo inka zirenga 30, yapfiriye muri ibyo bitero.
Ibi bibaye nyuma y'uko mu ntangiriro za 2026 abarwanyi ba AFC/M23 bavuye mu bice bimwe na bimwe birimo Uvira.
Icyo gihe imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yatangaje impungenge ko abaturage bamwe, cyane cyane abo mu muryango w'Abanyamulenge n'Abatutsi b'Abanyekongo, bashobora guhura n'ihohoterwa rikozwe n'imitwe yitwaje intwaro ishyigikiye Leta.
INDI NKURU WASOMA :Igikombe cy'Isi cya 2026 kizatangirana n'ibirori bitatu bidasanzwe
Raporo zagiye zisohoka zagaragaje ibikorwa byo gusahura amazu, amaduka n'ibindi bikorwa by'abaturage nyuma y'uko ingabo za Leta zisubiye muri utwo duce. Hari n'abavuga ko ibi bishobora gutuma amasezerano y'amahoro atizerwa n'impande zitandukanye.
Abakurikirana ibibera muri Congo bavuga ko ikibazo gikomeye atari ugusinya amasezerano gusa, ahubwo ari ukureba niba impande zose zibazwa amakosa mu buryo bungana.
Bemeza ko igihe hari uruhande rubona ko rudakurikiranwa ku makosa rushinjwa, bishobora gutuma icyizere mu nzira y'ibiganiro kigabanuka.
What's Your Reaction?










