EXCLUSIVE BK Pro League : Rayon Sports mu ihurizo ryo kwihesha itike y'imikino nyafurika
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 26 Gicurasi 2026, BK Pro League irakomeza hakinwa imikino ibiri ikomeye ishobora guhindura byinshi haba mu guhatanira itike ya CAF Confederation Cup no mu rugamba rwo kutamanuka mu cyiciro cya kabiri. Rayon Sports iracakirana na Bugesera FC mu mukino w’ishiraniro wo gushaka itike ya CAF.
| BK PRO LEAGUE 2025-26 | IGISUBIZO SPORTS [Tuesday, May 26 fixtures] |
| Gorilla FC vs Etincelles FC | 15:00 [Kigali Pele Stadium] |
| Rayon Sports vs Bugesera FC | 18:30 [Kigali Pele Stadium] |
Amaso menshi araba ahanzwe Rayon Sports iri gushaka kwikura mu gahinda yatewe no gutsindwa na APR FC ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro, igatakaza amahirwe yo guhita ibona itike yo gukina imikino Nyafurika.
Ubu Rayon Sports nta yandi mahitamo ifite uretse gutsinda imikino yayo ibiri isigaye kugira ngo igume mu rugamba rwo kubona umwanya wa kabiri watanga itike ya CAF Confederation Cup.
Rayon iri ku mwanya wa kane n’amanota 52, inganya na Kiyovu Sports ya gatanu ariko yo ikaba ifite umukino umwe urenzeho.
INDI NKURU WASOMA :Ese Rusesabagina aracyagambiriye gukuraho Perezida Kagame abicishije mu ntambara?
Mu kiganiro n'itangazamakuru , Umutoza wa Rayon Sports, Francis Haringingo, yavuze ko gutsindwa ku mukino wa nyuma bishobora gusenya ikipe cyangwa bikayikomeza kurushaho.
Yagize ati: “Uyu mukino ni ikizamini cy’imitekerereze. Tugomba kwerekana ko tugishoboye guhatana ku rwego rwo hejuru.”
Yanaburiye abakinnyi be kudasuzugura Bugesera FC, avuga ko nubwo idakeneye amanota cyane, ishobora gukina nta gitutu ifite bikayigira ikipe ikomeye kurushaho.
Ku rundi ruhande, Etincelles FC yo iri mu bihe bikomeye byo kurwana no kutamanuka mu cyiciro cya kabiri, irasabwa gutsinda Gorilla FC kugira ngo izamuke ku rutonde.
Etincelles iri ku mwanya wa 16 n’amanota 31, irusha gato amakipe ari mu murongo utukura. Gusa irahura na Gorilla FC iherutse kuyinyagira ibitego 6-1 mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu mu Gikombe cy’Amahoro.
Umutoza wa Etincelles, Abdu Beken Bizimana, yavuze ko nta kosa na rimwe bagifite uburenganzira bwo gukora.
Ati: “Tuzi icyo dushyizeho. Tugomba kurwana ubuzima bwacu kugeza ku munota wa nyuma.”
Ku ruhande rwa Gorilla FC iri ku mwanya wa 12 n’amanota 37, intsinzi yayifasha gukura impungenge zo kutamanuka.
Iyi mikino iraza gusiga ishusho nshya ku rutonde, cyane cyane ko ku wa 29 Gicurasi Rayon Sports izahita ikurikizaho umukino wa nyuma wa shampiyona uzayihuza na Kiyovu Sports, umukino ushobora kuzagena uzerekeza muri CAF Confederation Cup.
What's Your Reaction?










