Ikipe y'igihugu ya Basketball yaragijwe abanyabigwi bayo
Nyuma y'uko Umunya-Senegal Cheikh Sarr, watozaga amakipe y'igihugu y'u Rwanda muri Basketball haba mu bagabo n'abagore avuye kuri iyi mirimo binyuze mu bwumvikane yagiranye na FERWABA, ku ikubitiro iy'abagabo yahawe abahoze bayikinira.
Aba batoza bagera kuri bane bayoboye na Yves Murenzi watoje amakipe nka UGB ndetse akaba yarabaye no mu ikipe y'igihugu. Murenzi uzaba ari umutoza mukuru azaba yungirijwe na Sunny Niyomugabo usanzwe atozaga ikipe ya Patriots BBC, Kenny Gasana na Aristide Mugabe.
Sunny Niyomugabo uzaba ari umutoza wungirije yakiniye amakipe arimo Patriots yanatozaga mu mwaka w'imikino ushize, ndetse kandi Kenny Gasana na we yabaye Kapiteni w'ikipe y'igihugu, akinira amakipe atandukanye mu Rwanda.
Mugabe Aristide na we wabaye kapiteni w'ikipe y'igihugu igihe kitari gito azaba ari umutoza wa gatatu.
Aba banyabigwi baragijwe ikipe y'igihugu, bazatangira imirimo yabo mu mikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2027, izaba hagati ya tariki 27 kugeza 30 Ugushyingo 2025.
Yves Murenzi ni we wagizwe umutoza mukuru w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda
Sunny Niyomugabo ni we mutoza wa mbere wungirije
Kenny Gasana uzaba ari umutoza na we yakiniye ikipe y'igihugu ndetse ayibera kapiteni
Aristide Mugabe yabaye kapiteni w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda
What's Your Reaction?










