Ese icyorezo cya Hantavirus cyazasubizaho gahunda ya ' Guma mu rugo' nk'iyo muri COVID -19?

Ubwoba bwakomeje kwiyongera mu bihugu bitandukanye nyuma y’aho ubwato bw’ubukerarugendo bwa MV Hondius bwagaragayemo icyorezo cya Hantavirus kimaze guhitana abantu batatu, mu gihe abandi bane bajyanywe kwa muganga kugira ngo bitabweho byihuse. Ese Hantavirus tugomba kuyihangayikira ku kigero kingana iki ?

May 8, 2026 - 07:55
May 8, 2026 - 09:00
 0
Ese icyorezo cya Hantavirus  cyazasubizaho gahunda ya ' Guma mu rugo' nk'iyo muri COVID -19?

Ubu bwato bwahagurutse muri Argentine mu kwezi gushize butwaye ba mukerarugendo baturutse hirya no hino ku Isi. Kuri ubu, inzego z’ubuzima mpuzamahanga zatangiye igikorwa gikomeye cyo gukurikirana abantu bose bashobora kuba barahuye n’iki cyorezo, cyane cyane abamaze gusubira mu bihugu byabo birimo u Bwongereza, Afurika y’Epfo, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Buholandi n’u Busuwisi.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ryihanganishije imiryango y’ababuze ababo ariko rinagaragaza ko abaturage badakwiye kugira ubwoba bukabije kuko iki cyorezo kidakwirakwira nka Covid-19 cyangwa ibicurane.

Dr Maria Van Kerkhove wo muri OMS yavuze ati: “Iki si icyorezo cya Covid, kandi uburyo cyandura buratandukanye cyane.”

INDI NKURU WASOMA :BREAKING - Karasira Aimable  yapfuye 

Amakuru yatangajwe agaragaza ko abantu umunani bamaze kugaragaraho ibimenyetso bya Hantavirus, barimo batatu bamaze kwemezwa n’ibizamini ndetse’abandi batanu bakekwaho kuyandura.

Abahanga bavuga ko Hantavirus ikunze guturuka ku mbeba cyangwa izindi nyamaswa nto, aho umuntu ashobora kuyandura ahumeka umwuka wandujwe n’inkari, amacandwe cyangwa imyanda yazo. Gusa ubwoko bwa Andes bwagaragaye kuri ubu bwato bushobora no kwandurira hagati y’abantu igihe bagiranye umubonano wa hafi igihe kirekire.

Bivugwa ko bamwe mu bari muri ubu bwato basuraga ahantu hitaruye harimo inyamaswa nyinshi zo mu gasozi, bishoboka ko ari ho iyi virus yaba yaraturutse mbere yo gukwirakwira hagati y’abagenzi.

Umugore w’Umuholandi wapfuye nyuma yo kuva kuri ubu bwato ku kirwa cya St Helena, bivugwa ko yari asangiye icyumba n’umugabo we wapfiriye muri ubu bwato ku wa 11 Mata 2026.

Abashinzwe ubuzima mu Bwongereza batangaje ko Abongereza bose bari muri uru rugendo bashobora gusabwa kwigunga iminsi 45 mu rwego rwo kwirinda ko habaho ubwandu bushya.

Prof Robin May wo mu kigo UKHSA yavuze ko ibikorwa byo gushakisha abantu bahuye n’iki cyorezo biri gukorwa ku rwego rwo hejuru kubera uburemere bw’iki kibazo.

Ati: “Ni igikorwa kinini cyane kandi kizakomeza igihe runaka.”

Argentina: Ship quarantined after testing positive for virus

Nubwo bimeze gutyo, inzego z’ubuzima zivuga ko abaturage basanzwe badafite aho bahuriye n’ubu bwato bafite ibyago bike cyane byo kwandura.

Ibimenyetso bya Hantavirus birimo umuriro, umunaniro, kubabara imikaya, kubura umwuka, kuribwa mu nda, isesemi no gucibwamo. Kugeza ubu nta muti wihariye wayo uraboneka, ariko kuvurwa hakiri kare bishobora gufasha umurwayi gukira.

Kuri ubu, ubwato bwa MV Hondius buri hafi y’Ibirwa bya Canary muri Espagne, aho abagenzi n’abakozi basigaye bari gukomeza kwitabwaho mbere yo gusubizwa mu bihugu byabo.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow