Einhorn Itamar yegukanye agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda 2026
Umunya-Israel Einhorn Itamar ukinira NSN Development Team yegukanye Agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda 2026 kavaga i Rubavu kerekeza i Musanze ku ntera ya kilometero 84,1, akoresheje amasaha abiri, iminota 00 n’amasegonda 59. Ni intsinzi ye ya kabiri muri iri siganwa ry’uyu mwaka, mu gihe Moritz Kretschy bakinana yakomeje kugumana umwambaro w’umuhondo uhabwa uyoboye isiganwa muri rusange.
Agace ka Gatandatu katangiye ku manywa i Rubavu, abasiganwa 72 bahaguruka berekeza i Musanze. Mu bilometero bya mbere, abakinnyi batandukanye barimo Uwiduhaye Mike na João Pedro Rossi bagerageje gucika igikundi, bashyiramo ikinyuranyo cy’amasegonda arenga 40.
Uwiduhaye Mike yigaragaje cyane, yegukana amanota ya sprint yabereye mu Mujyi wa Musanze, ariko bageze mu bilometero bya nyuma, igikundi cyamugaruye. Hasigaye ibilometero bike ngo basoze, amakipe akomeye arimo NSN Development Team yongereye umuvuduko, bituma isiganwa risozwa na sprint ikomeye yegukanywe na Einhorn Itamar.
INDI NKURU WASOMA : Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka mu ngabo z'u Rwanda yasuye Cabo Delgado
Luke Finlay Tarling bakinana yabaye uwa kabiri, mu gihe Hodei Muñoz Gabiña wa Soudal Quick-Step Devo Team yabaye uwa gatatu. Abakinnyi 49 ba mbere bose bakoresheje ibihe bimwe, bigaragaza uko isiganwa ryari rihanganye.
Tour du Rwanda 2026 irakomeza ku wa Gatandatu, tariki ya 28 Gashyantare, hakinwa Agace ka Karindwi kazava i Musanze kerekeza kuri Kigali Pele Stadium ku ntera ya kilometero 147,2.
What's Your Reaction?








