DRC: Abaforomo bane bakize Ebola
Abayobozi mu rwego rw'ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) batangaje ko bishimiye intambwe imaze guterwa mu guhangana n'icyorezo cya Ebola nyuma y'uko abarwayi batanu bari baranduye iyi virusi bakize bagasezererwa mu bitaro.
Muri aba barwayi harimo abaforomo bane bakoreraga mu Mujyi wa Bunia, umurwa mukuru w'Intara ya Ituri, ari na ho iki cyorezo cyibasiye cyane.
Basezerewe ku mugaragaro mu muhango wabaye ku Cyumweru, witabiriwe n'abayobozi batandukanye barimo Umuyobozi Mukuru w'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus.
Aganira n'aba bakozi b'ubuzima, Dr Tedros yavuze ko gukira kwabo ari ikimenyetso cyerekana ko iki cyorezo gishobora gutsindwa.
Yagize ati: “Muri ubuhamya buzima bwerekana ko Ebola ishobora guhagarikwa kandi abantu bakayikira.”
INDI NKURU WASOMA :Yakangutse ari mu isanduku nyuma yo gushyingurwa ari muzima
Umwe muri abo baforomo, Etienne Ezo, yavuze ko igihe yari ari mu kato yumvaga nta cyizere cyo kurokoka afite.
Abakozi b'ubuzima ni bo bakunze guhura n'ibyago byinshi byo kwandura Ebola kubera ko baba bari ku murongo wa mbere mu kwita ku barwayi. Dr Tedros yashimiye ubutwari bwabo, avuga ko nubwo bamwe muri bagenzi babo bamaze guhitanwa n'iki cyorezo, gukomeza gukorera abaturage ari igikorwa gikomeye cyo kwishimira.
Kugeza ubu, iki cyorezo kimaze gukekwaho guhitana abantu nibura 246, mu gihe habarurwa abarenga 1,000 bakekwaho kuba baracyanduye. Muri Uganda na ho hamaze kwemezwa abantu icyenda banduye Ebola ndetse umuntu umwe yahasize ubuzima.
What's Your Reaction?










