BK Pro League Transfers : Rayon Sports yegereye Henry Msanga, APR FC yakangutse !

Isoko ry'abakinnyi rikomeje gushyuha mu Rwanda. Mu makuru ari kuvugisha benshi kuri uyu wa Mbere, Rayon Sports yamaze kugera ku bwumvikane na Henry Msanga, APR FC itangira gutekereza kuri Ishimwe Christian, mu gihe Ani Elijah yasezeye muri Police FC nyuma y'imyaka ibiri ayikinira.

Jun 8, 2026 - 10:02
Jun 8, 2026 - 10:06
 0
BK Pro League Transfers : Rayon Sports yegereye Henry Msanga, APR FC yakangutse !

Hashize iminsi umunani Shampiyona y'u Rwanda ya 2025/26 isojwe, ariko ibikorwa ku isoko ry'igura n'igurisha ry'abakinnyi birarimbanyije. Amakipe menshi ari gukora ibishoboka byose ngo yubake amakipe azahangana mu mwaka w'imikino wa 2026/27.

Rayon Sports iri mu makipe agaragaza ibikorwa byinshi muri iyi mpeshyi. Amakuru ava mu bayikurikiranira hafi avuga ko yamaze kumvikana n'Umurundi Henry Msanga wakiniraga Police FC ku masezerano y'imyaka ibiri.

Msanga ukina hagati mu kibuga imbere ya ba myugariro, asoje amasezerano muri Police FC. Kuba Rayon Sports imwifuza ni kimwe mu bimenyetso byerekana ko ikomeje gushimangira hagati mu kibuga nyuma yo gusinyisha Nisingizwe Christian Bebeto wavuye muri Mukura VS.

Kugeza ubu, Murera imaze gutangaza abakinnyi bane bashya barimo Ndayishimiye Didier wavuye muri AS Kigali, Nshuti Didier wa Gorilla FC, Nisingizwe Christian Bebeto na Matumona Wakonda Kanda Abel wavuye mu Amagaju FC. Hari kandi amakuru avuga ko Nkundimana Fabio na Muhoza Daniel na bo bamaze kumvikana n'iyi kipe nubwo bataratangazwa.

Nubwo ubuyobozi bwa Rayon Sports bukomeje kwizeza abafana ko buri kubaka ikipe ikomeye, bamwe mu bafana bayo bakomeje kwibaza ku rwego rw'abakinnyi bamaze kugurwa.

Kuki Rayon Sports yateye benshi kwifata impungenge? Yaba irimo gupfunyikirwa koko?

INDI NKURU WASOMA :Bitcoin, Blockchain na Stablecoins: Menya amagambo y'ingenzi akoreshwa mu isi y'ifaranga koranabuhanga

Mu bo yamaze gutangaza, Mugisha Didier ni umwe mu bagaragaje imibare myiza nyuma yo gukina imikino 37 muri 39 AS Kigali yakinnye mu mwaka ushize, atsinda ibitego bitanu anatanga imipira itanu yavuyemo ibitego.

Ku rundi ruhande, APR FC iri gutekereza gusubiza Ishimwe Christian nyuma y'uko ibiganiro byo kongerera amasezerano Niyomugabo Claude bitari kugenda neza. Ishimwe wakiniye APR FC hagati ya 2022 na 2024, na we asoje amasezerano yari afite muri Police FC.

Muri Police FC ho hari impinduka zikomeye, aho rutahizamu Ani Elijah yamaze gutandukana n'iyi kipe nyuma y'uko amasezerano ye arangiye. Uyu Munya-Nigeria yashimiye Police FC abinyujije ku rubuga rwa Instagram nyuma y'imyaka ibiri yayimazemo.

Ani Elijah azibukirwa cyane ku musaruro yatanze kuko yageze muri Police FC avuye muri Bugesera FC amaze gutsinda ibitego 15 muri shampiyona. Mu mwaka ushize wa 2025/26, yatsinze ibitego birindwi mu mikino 19.Byiringiro Lague, Elijah na Kirongozi mu bakinnyi 6 batandukanye na Police FC

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow