Gabon yirinze kuvanga politike na ruhago
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Gabon ryatangaje ko ingamba za Leta zari zafatiwe ikipe y’igihugu ndetse n’abakinnyi nka rutahizamu Pierre-Emerick Aubameyang zavanyweho, nyuma yo gusezererwa hakiri kare mu irushanwa ry'Igikombe cya Afurika.
Gabon yatsinzwe imikino yayo yose yo mu itsinda F, ihura na Cameroon, Mozambique n’igihugu cyari gifite igikombe Côte d’Ivoire, mu marushanwa ari kubera muri Maroc.
Nyuma y’ibyavuye muri iyi mikino, Minisitiri wa Siporo yatangarije kuri televiziyo ihagarikwa ry’ikipe y’igihugu, kapiteni Aubameyang, ndetse n’umukinnyi wugarira Bruno Ecuele Manga.
Ariko Minisitiri mushya wa Siporo wa Gabon, Paul Ulrich Kessany, yamaze gukuraho izo ngamba zashoboraga gutuma Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Gabon rihagarikwa, kuko FIFA yibifata nko kwivanga kwa politike mu mupira.
Minisitiri wa Siporo Paul Ulrich Kessany kandi yashimangiye ko ubu ikipe y'igihugu yasubijweho ndetse bashyize imbere gahunda yo gushaka itike y'igikombe cya 2027 kizabera muri Kenya, Uganda na Tanzania.
What's Your Reaction?








