Abahoze bakinira APR FC bayitabarije nyuma yo kunyagirwa na Gor Mahia ibitego 5-0
Abahoze bakinira APR FC, Rusheshangoga Michel na Nshimiyimana Imran, bagaragaje agahinda batewe n'umusaruro mubi w'iyi kipe nyuma yo kunyagirwa na Gor Mahia yo muri Kenya ibitego 5-0 mu mukino wa mbere wa CECAFA Kagame Cup 2026.
Uyu mukino wabereye kuri Stade Amahoro ku wa Gatanu, tariki ya 24 Nyakanga 2026, urangira APR FC itanze isura itari isanzwe, ibintu byakuruye impaka nyinshi mu bakunzi b'umupira w'amaguru mu Rwanda.
Nyuma y'uyu mukino, Rusheshangoga Michel wakiniye APR FC imyaka myinshi, yifashishije imbuga nkoranyambaga agaragaza ko hakenewe impinduka zihuse kugira ngo ikipe yisubireho.
Yagize ati: "Niba hari icyo gukosora gikosorwe vuba bigishoboka. Ibi biteye isoni kandi si yo sura cyangwa urwego APR FC ikwiriye kugaragaza."
Nshimiyimana Imran na we ntiyahishe amarangamutima ye, avuga ko yabonye ikipe itaranzwe n'ishyaka cyangwa ubushake bwo guhatana.
Ati: "Mufatire hafi, iki ni igisebo gikomeye. Nta mbaraga, nta mwuka wo guhatana, nta mutima; bari aho gusa mu myambaro y'ikipe. Ibi ni bibi, ni bibi."
INDI NKURU WASOMA : Umusore yabwiye mushiki we ko azamwica akamujugunya mu musarani
Gutsindwa ibitego 5-0 byabaye kimwe mu bihombo bikomeye APR FC yahuye na byo mu myaka ya vuba. Uheruka kuyitsinda ibitego byinshi kurusha ibi ni Pyramids FC yo mu Misiri, yayinyagiye ibitego 6-1 mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League mu 2023.
Uyu musaruro watumye abafana ba APR FC bagaragaza impungenge ku rwego ikipe iriho, cyane cyane nyuma y'uko yari yiteguye CECAFA Kagame Cup ifite intego yo guhatanira igikombe.
APR FC izasubira mu kibuga ku wa Mbere, tariki ya 27 Nyakanga 2026, aho izacakirana na Garde Républicaine yo muri Djibouti mu mukino wa kabiri w'iyi mikino. Uwo mukino uzabera kuri Kigali Pele Stadium guhera saa kumi n'ebyiri z'umugoroba.
What's Your Reaction?










