Zuchu yasabye imbabazi abamufatiye ibihano

Umuhanzikazi Zuchu wo mu gihugu cya Tanzania nyuma yo gufatirwa ibihano agafungirwa amazi n’umuriro muri Zanzibar bitewe n’imvugo n’ibimenyetso yakoresheje mu gitaramo yahakoreye bihabanye n’umuco waho, yahise afata iya mbere asaba imbabazi avuga ko nta kibi yari agamije.

Mar 6, 2024 - 09:54
Mar 6, 2024 - 12:31
 1
Zuchu yasabye imbabazi abamufatiye ibihano

Ku wa 24 Gashyantare ni bwo Zuchu yakoreye igitaramo muri Zanzibar yise ‘Full moon party’, igitaramo cyanitabiriwe na Diamond Platnamuz. Muri iki gitaramo yaje gukoresha imvugo, ndetse n’ibimenyetso bihabanye n’umuco wo muri Zanzibar bituma ahita ahagarikwa kugira ikindi gikorwa na kimwe cy’umuziki yongera gukorera ku butaka bwa Zanzibar mu gihe cy’amezi atandatu.

Kuwa kabiri tariki ya 05 Werurwe 2024, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akanama gashinzwe ubuhanzi, filime n’umuco muri Zanzibar, Bwana Omar Abdallah Adam yatangaje ko bitewe n’imvugo ndetse n’ibimenyetso bihabanye n’umuco wo muri Zanzibar, Zuchu yakoresheje mu gitaramo aherutse kuhakorera, ko kuva ku italiki ya 05 Werurwe 2024, ahagaritswe kugira igikorwa na kimwe cy’umuziki akorera muri Zanzibar mu gihe cy’amezi atandatu.

Nyuma yo kubona ko afungiwe amazi n’umuriro, Zuchu yifashishije amashusho yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, maze asaba imbabazi ku byabaye, asaba ko yagirirwa ikigongwe bakamukuriraho ibi bihano yari yafatiwe kuko ibyo yakoze nta kibi yari agamije ko ahubwo byose byari mu rwego rwo kwidagadura no gushimisha abakunzi be.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow