Yigeze gushimutwa: Ibyo wamenya ku mukire wa mbere mu Karere k'Afurika y'i Burasirazuba, Mohammed Dewji

Mohammed Dewji ni we mukire wa mbere mu Karere k'Afurika y'i Burasirazuba uhangana n'abandi baherwe bo muri Afurika akaba atunze arenga miliyari 2 z' Amadolari y'Amerika.

Apr 3, 2025 - 15:49
Apr 4, 2025 - 13:57
 0
Yigeze gushimutwa: Ibyo wamenya ku mukire wa mbere mu Karere k'Afurika y'i Burasirazuba, Mohammed Dewji

Mohammed "Mo" Gulamabbas Dewji azwi cyane nka Mohammed Dewji akaba nyiri ikigo gikora mu by'ubucuruzi "MeTL Group" cyahanzwe n'umuryango we mu myaka ya 1970. Ni umugabo wo muri Tanzania ukangaranya abakire bo muri Afurika, dore ko ari muri 15 ba mbere bo kuri uyu mugabane batunze arenga miliyari 2 z' Amadolari y'Amerika.

Igitangazamakuru Forbes cyanditse ko Mohammed Dewji yavutse ku wa 08 Gicurasi 1975 avukira Singida muri Leta Zunze Ubumwe za Tanzania. Ni umwana wa kabiri mu bana batandatu bo mu muryango ufite igisekuru cyavuye mu gace ka Gujarat mu Buhinde, cyiza gutura muri Tanzania mu myaka ya 1800 ukomeza kuhakorera ubucuruzi.

Birumvikana ko yavukiye mu muryango w'abashabitsi kuko ubu ari kugenzura imitungo ya papa we.

Mu myaka ya 1970, papa we, Gulamabbas Dewji na mama we, Zubeda Dewji batangiye kugenzura kampanyi yitwa MeTL Group (Mohammed Enterprises Tanzania Limited) yashinzwe na nyirakuru wa Mohammed Dewji.

Dewji yiga muri Kaminuza ya Georgetown ibijyanye n'ubukungu mpuzamahanga, mu kiruhuko yakoraga muri kampanyi ya papa we.

Imikorere ye yatumye ahabwamo inshingano zo kugenzura imyikoreze no kugenzuramo imari, nyuma yagizwe umugenzuzi muri yo mbere yuko aba Perezida wa kampanyi yose.

Ubukungu bwe yanabushoye mu bijyanye n'ubukerarugendo bwo muri Parike yo mu birwa bya Zanzibar.

Igitereko cy'ubukungu bwe cyiri neza muri iyo kampanyi ya MeTL Group yamaze kuba ubukombe mu bijyanye no gucuruza ifu, ifarini, ibitambaro by'imyenda, ibyuma by'ikoranabuhanga, ibikomoka kuri petelori, ibinyabiziga, ubwishingizi n'imiti.

Ibyo bicuruzwa byayo, abishorera mu bihugu birenga 10 byo muri Afurika nka Uganda, Ethiopia na Kenya.

Mu mwaka wa 2013 yabaye y'umunyemari wa mbere wo muri Tanzania wasohowe ku gifuniko cy' igitangazamakuru cyo muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika gikora inkuru zijyanye n'ubukungu "Forbes."

Kimwe mu bintu byamugarutsweho cyane mu mwaka wa 2018 ni ishimutwa rye. Uyu mugabo yarashimutiwe i Dar Es Salaam mu Ukwakira kwa 2018, ariko yarabonetse ndetse ameze neza.

Mohammed Dewji uri kubarirwa agera kuri miliyari 2.2 z' Amadolari y'Amerika ni umwe mu bayoboke b'ishyaka riri ku butegetsi muri Tanzania (Chama Cha Mapinduzi).

Mu rutonde ruheruka rwasohowe na Forbes rw' abaherwe bo muri Afurika yaje muri 15 ba nyuma aho ari ku mwanya wa 12.

 Mohammed Dewji ni we mukire wa mbere mu Karere k'Afurika y'i Burasirazuba

Forbes yamushyize ku mwanya wa 12 mu baherwe bo muri Afurika

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow