Wizkid yigaramye abamwita umunyabigwi

Umuhanzi wo mu gihugu cya Nigeria wamamaye nka Wizkid, ntavuga rumwe n’abamwita umunyabigwi, avuga ko we abona nta kintu arageraho ko ahubwo ari bwo urugendo rwe mu muziki rugiye gutangira.

Mar 9, 2024 - 16:30
Mar 9, 2024 - 17:26
 0
Wizkid  yigaramye abamwita umunyabigwi

Wizkid ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Radio BBC avuga ko kuri we nta kintu na kimwe kibanze yaba yaragezeho mu ruganda rw’umuziki ko ahubwo ubu ari bwo agiye gutangira urugendo rwe.

Yagize ati “Urugendo nibwo rugiye gutangira kuri Wizkid. Ntabwo njya nibona ubwanjye nk’umuntu wari wagira icyo ageraho…umuziki ni ikintu kizahoraho.”

Ni mu gihe n’ubwo avuga ibi, kugeza ubu uyu muhanzi ari we muhanzi wahembwe cyane muri Africa ndetse ni na we muhanzi wo mu bihugu byo munsi y’ubutayu bwa Sahara ufite ibihangano byakurikiranywe n’abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga zose.

Si ibyo gusa kandi kuko ubu ni we muhanzi ukurikirwa n’abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga mu gihugu cya Nigeria.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow