Urutonde rw'ibihugu bihanisha igihano cy'urupfu ku muntu ukoresha ibiyobyabwenge

Ku isi buri gihugu usanga kigira amategeko kigenderaho ndetse n’ibihano bigiye bitandukanye bitewe n’uburemere bw’icyaha umuntu yagiye akora. Ese wari uzi ko burya n’ubwo ibiyobyabwenge bikoreshwa mu bihugu byinshi ariko hari ibihanisha ababikoresha igihano cy’urupfu?

Apr 16, 2024 - 09:14
Apr 16, 2024 - 10:57
 0
Urutonde rw'ibihugu bihanisha igihano cy'urupfu ku muntu ukoresha ibiyobyabwenge

Usanga mu bihugu byinshi by’I Burayi gukoresha ibiyobyabwenge bifatwa nk’uburenganzira bw’umuntu ndetse nta n’itegeko ribihanira, gusa ni byiza ko umenya bimwe mu bihugu bitemera ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge kugira ngo hato utazajyayo ukabikoresha ukisanga ukatiwe urwo gupfa mu buryo utari uzi.

1. China

Niba ukurikira amakuru yo mu Bushinwa bizakugora kubona umuturage waho ukoresha ibiyobyabwenge. Iyo hagize ubifatanwa ashobora guhanwa by’intangarugero cyangwa se agasabirwa igihano cy’urupfu bitewe n’ingano n’ubwoko bw’ibyo yafatanywe.

2. Vietnam

Muri iki gihugu cyane cyane barwanya ikiyobyabwenge cyizwi nka ‘Heroin.’ Iyo bagufatanye ibiyobyabwenge bihagaze agaciro k’ama-pound 1.3, ni ukuvuga  asaga 2000 by’amafaranga y'u Rwanda uhita uhanishwa gupfa.

3. Iran

Itegeko mpanabyaha rya Islam rigena ko uwafashwe inshuro eshatu yanyweye  ibisindisha (Ibisembuye) ahanishwa gukubitwa ibiboko 80, yafatwa ku nshuro ya kane agahita akatirwa urwo gupfa.

4. Saudi Arabia

Gucuruza ibiyobyabwenge ibyo ari byo byose muri iki gihugu ni icyaha gishobora kukuganisha ku rupfu. Kubigura no kubinywa birabujijwe kuko ibi byo bihanishwa gufungwa igihe kirekire, gukubitwa mu ruhame cyangwa se  ukicwa.

5. Singapole

Gufatanwa byibura akantu gako kakugaragaza nk’umuntu ukoresha ibiyobyabwenge, uhita ufatwa nk’umucuruzi wabyo ndetse bikuganisha ku gihano cy’urupfu.

6. Philippines

Muri Philippines kandi naho gucuruza ibiyobyabwenge bihanishwa igihano cy’urupfu, mugihe umuntu afashwe abinywa inshuro zirenze eshatu, atangira gukurikiranywaho guteza akajagari ndetse bishobora no gutuma na we akatirwa urwo gupfa.

7. Malaysia

Iki gihugu giherereye ku mugabane wa Asia, itegeko ryacyo rivuga ko umucuruzi w’ibiyobyabwenge wafashwe agahamwa n’icyo cyaha ashobora guhanishwa igihano cy’urupfu. Gufatwa utwaye ikinyabiziga wanyweye ibiyobyabwenge nabyo bishobora gutuma ukatirwa igifungo cy’igihe kirekire.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow