Urutonde rw’abahanzi Nyafurika bakurikirwa cyane kuri Instagram (2024)

Benshi mu bahanzi usanga baba bahanganye mu bintu bigiye bitandukanye aho usanga umwe yikomanga mu gatuza ko ari we uyoboye. Aha usanga bijyana no kumbuga nkoranyambaga zabo aho usanga bamwe iyo bajya kureba umuhanzi ukunzwe cyane barebera no ku mubare w’ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga zabo cyane cyane kuri Instagram.

Mar 26, 2024 - 16:42
Mar 27, 2024 - 07:44
 0
Urutonde rw’abahanzi Nyafurika bakurikirwa cyane kuri Instagram (2024)

Kuri uru rutonde twaguteguriye abahanzi 10 Nyafurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri Instagram muri uyu mwaka wa 2024. 

Dore uko bakurikirana:

10. Tekno

Umuhanzi tekno ukomoka mu gihugu cya Nigeria yaje kuri uru rutonde n’abantu bagera kuri miliyoni 10.6 z’abamukurikira.

9.Kizz Daniel

Umuhanzi Kizz Daniel wo mu gihugu cya Nigeria bwa mbere nawe yaje kuri uru rutonde aho ayoboye n’abantu miliyoni 10.9 z’abamukurikira.

8.Olamide

Umuhanzi Olomide akaba na nyir’inzu ifasha abahanzi barimo na Asake yitwa YBNL yaje ku rutonde aho ayoboye n’abantu bagera kuri miliyoni 11.6 z’abamukurikira.

7. Don Jazzy

Umuhanzi akaba n’umushoramari mu bikorwa bitandukanye muri Nigeria, Don Jazzy ukunze no kuza ku rutonde rw’abatunze agatubutse muri Africa, yaje kuri uru rutonde n’abantu bagera kuri miliyoni 15.4.

6. Burna Boy

Umuhanzi Burna Boy na we ukomoka mu gihugu cya Nigeria yagaragaye kuri uru rutonde aho akurirkirwa n’abantu bagera kuri miliyoni 17.

5. Diamond

Umuhanzi Diamond usa n’aho ari we uyoboye umuziki wa Tanzania, yongeye kubahiga aza kuri uru rutonde ari we muhanzi wo muri Tanzania uhagarariye iki gihugu n’abantu miliyoni 17.4 z’abamukurikira.

4. Wizkid

Umuhanzi Wizkid yongeye guhigwa na mugenzi we Davido bakunze guhangana cyane aho buri wese aba yumva ari we uyoboye umuziki wa Nigeria. Kuri ubu we akaba akurikirwa n’abantu miliyoni 18.5.

3. Yemi Alade

Umuhanzikazi akaba n’umwanditsi w’indirimbo Yemi Alade we asa n’aho bamwe mu bahanzi bamuteye ishoti bamucaho ugereranyije na mbere gusa ntibyamubujije kuza kuri uru rutonde n’abantu miliyoni 17.8 z’abamukurirkira.

2. Tiwa Savage

Umuhanzikazi Tiwasavage wamenyekanye nka ‘African Bad Gyal na we yongeye kuza kuri uru rutonde muri uyu mwaka, aho ayoboye n’abantu miliyoni 18.5 bamukurikira kuri uru rubuga.

1. Davido

Umuhanzi w’icyamamare muri Africa ndetse no ku isi Davido amaze imyaka igera kuri itatu yose ari we uyoboye abahanzi bose bo muri Africa bakurikirwa n’abantu benshi kuri Instagram, kuri ubu yongeye kuyobora uru rutonde ndetse iyo urebye ubona ntawe umugwa mu ntege. Kuri ubu abayoboye n’abantu bagera kuri miliyoni 29 bamukurikira.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow