Urutonde rw’abahanzi batunze agatubutse kurusha abandi muri Africa (2024)
Kugeza ubu Africa ni umwe mu migabane imaze gutera imbere mu bijyanye no gukora umuziki ugereranyije no mu myaka yo hambere nk’uko bigaragarira buri wese. Kuri ubu bigeze ku rwego aho umuntu ahitamo gukora umuziki nk’akazi ke kamutunze buri munsi ndetse ugasanga bamwe hari aho bimaze kubageza, ni mu gihe mu myaka yo hambere wasangaga abantu bakora umuziki mu buryo bwo kwishimisha gusa batumva ko ushobora kubatunga.
Igisubizo.com twaguteguriye bamwe mu bahanzi bamaze kugira aho bigeza, akaba ari bo batunze agatubutse kurusha abandi muri Africa nk’uko tubicyesha urubuga ‘The Netizens report’ rusanzwe rukora urutonde rw’ibyamamare bigiye biyoboye abandi mu ngeri zitandukanye ku isi buri mwaka. Uru akaba ari urutonde rw’abahanzi 10 ariko rwiganjeho abakomoka mu gihugu cya Nigeria.
10. Timaya
Timaya kandi uzwi ku izina rya Inetimi Timaya Odon, akumoka mu gihugu cya Nigeria akaba ari umuhanzi, umwanditsi w’indirimbo wavutse ku wa 15 Kanama 1980 avukira mu muryango w’abana 15, kuri ubu abarwa ko atunze akayabo ka miliyoni 12 z’amadorari.
9. Rudeboy
Paul Okoye wamamaye nka Rudeboy yavutse ku wa 18 Ugushingo 1981 avukira mu gihugu cya Nigeria, akaba ari umuririmbyi akanatunganya amajwi (Producer). Rudeboy akaba abarirwa ko atunze akayabo ka miliyoni 16 z’amadorari.
8. 2Face Idibia
2Face uzwi kandi nka 2Baba, ukomoka mu gihugu cya Nigeria akaba ari umuririmbyi akaba n’umwanditsi w’indirimbo mu njyana ya R&B. Bivugwa ko yahagaritse amasomo ye bitewe n’urukundo yarafitiye umuziki agahitamo kuba ari wo akomeza. Kuri ubu akaba abarirwa akayabo kangana na miliyoni 16.5 z’amadorari.
7. Burna Boy
Burna Boy ni umwe mu bahanzi bubatse ibigwi mu muziki wa Nigeria dore ko amaze kwakira ibihembo byinshi bitandukanye birimo na Grammy. Uyu mugabo watangiye gukora umuziki nk’umwuga mu mwaka 2021, afite umutungo ubarirwa muri miliyoni 17 z’amadorari.
6. Don Jazzy
Umuririmbyi, umukinnyi wa filime akaba n’umushoramari mu bikorwa by’umuziki mu gihugu cya Nigeria, yavutse ku wa 26 Ugushyingo 1981, akaba atunze akayabo ka miliyoni 18 z’amadorari.
5. Davido
Davido wavutse ku wa 21 Ugushyingo 1992 avukira muri Leta Zunze Ubumwe Za America mu mujyi wa Atlanta akaba ari umwe mu baririmbyi bakomeye mu gihugu cya Nigeria. Davido akaba akaba atunze akayabo kangana na miliyoni 20 z’amadorari.
4. Wizkid
Wizkid yavutse ku wa 16 Nyakanga 1990 avukira mu mujyi wa Lagos, mu gihugu cya Nigeria. Yatangiye umuziki we ubwo yari afite imyaka 11 y’amavuko atangira aririmba muri korali. Wizkid akaba atunze akayabo ka miliyoni 21 z’amadorari.
Uyu ni Producer akaba n’umuvangamiziki (Deejay) akaba na nyir’inzu ifasha abahanzi yitwa ‘Soulistic Muzic Record Label’. Black Coffee yavukiye mu gihugu cya Africa y’Epfo yavutse mu mwaka wa 11 Werurwe 1976, aka abarirwa akayabo kangana na miliyoni 60 z’amadorari.
2. Akon
Uyu mugabo ukomoka mu gihugu cya Senegal akaba afite n’ubwenegihugu bwa America, yavutse ku wa 16 Mata 1973, akaba ari umuririmbyi akaba na Producer. Akon afite umutungo ubarirwa muri miliyoni 80 z’amadorari.
1. Youssou N’Dour
Youssou N’Dour ukomoka mu gihugu cya Senegal, akaba ari umuririmbyi, umukinnyi wa filime, umushoramari ndetse n’umunyapolitike, yinjiye mu mwuga w’ubuhanzi mu mwaka wa 1979. Afite inzu ifasha abahanzi, na Televiziyo mu gihugu cya Senegal. Kuri ubu akaba atunze akayabo ka miliyoni 145 z’amadorari.
What's Your Reaction?










