Urubyiruko rurifuza kwegerezwa udukingirizo ku bajyanama b’ubuzima mu Midugudu

Bamwe mu rubyiruko bifuza ko udukingirizo twashyirwa ku bajyanama b’ubuzima mu Midugudu aho batuye kuko ahandi tuboneka ari kure ndetse bamwe bakagira isoni zo kutugura mu maduka.

Sep 15, 2023 - 18:26
 0
Urubyiruko rurifuza kwegerezwa udukingirizo ku bajyanama b’ubuzima mu Midugudu
Urubyiruko rurifuza kwegerezwa udukingirizo ku bajyanama b’ubuzima mu Midugudu

Ab’Iburasirazuba babigarutseho by’umwihariko mu bukangurambaga ku kurwanya no gukumira ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA, kuko muri iyo Ntara ari ho burimo kwiyongera kurusha mu bindi bice by’Igihugu.

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) kivuga ko mu gihe mu bice bitandukanye by’Igihugu, umubare w’abandura Virusi itera SIDA wagiye ugabanuka, mu Ntara y’Iburasirazuba ho wiyongereye uva kuri 2.1% mu mwaka wa 2010, ugera kuri 2.5% mu mwaka wa 2018/2019.

Mu mwaka wa 2019/2020, mu rubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 kugera kuri 24, abakobwa bafite ubumenyi kuri SIDA bangana na 59% mu gihe abahungu ari 57%.

Uretse Uturere tw’Umujyi wa Kigali tuza imbere ku bantu bafite Virusi itera SIDA, bari mu kigero cy’imyaka 15 kugera kuri 49, Uturere tw’Intara y’Iburasirazuba, Rwamagana, Bugesera na Kayonza ni two duhita dukurikiraho nanone Kirehe na Gatsibo tukaza ku mwanya wa 10 n’uwa 11.

Mu Karere ka Nyagatare by’umwihariko, imibare igaragaza ko ubwandu bwa Virusi itera SIDA buri ku gipimo cya 1.3%, mu gihe 68.3% by’abanduye ari urubyiruko ruri hagati y’imyaka 25-29.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow