Ukuri ku buzima bwa Perezida Kagame
Umuvugizi wa Guverinoma y' U Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko abantu bakwiye kwima amatwi ibikomeje gusakazwa ku mbuga nkoranyambaga bivuga kuri Perezida Paul Kagame.
Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 24 Kamena 2025 ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe itangazo ryiricurano ryiyitirira Ingabo z'Igihugu (RDF), rivuga kandi ko ubuzima bwa Perezida Kagame butameze neza.
Ni itangazo ryamaganiwe kure n'Ubuyobozi bw'Ingabo z'Igihugu busaba abantu kutariha agaciro kuko rivuga ibihuha.
Mu kiganiro na Taarifa ikeshwa iyi nkuru, Umuvugizi wa Guverinoma y' U Rwanda, Yolande Makolo yashimangiye ko ibikomeje kuvugwa ku buzima bwa Perezida Kagame ari ibihuha.
Yagize ati:"Mwime amata aya makuru akomeje gusakazwa n'abanzi. Ntimugire ikibazo. Nta kintu gihari gihangayikishije."
Ibyo bikomeje kuvugwa mu gihe Taarifa ifite amakuru ko Perezida Kagame ari mu biruhuko ariko kandi anuzuza inshingano ze nk'uko bisanzwe.
Taarifa yabwiwe n'uwo mu muryango wo kwa Perezida Kagame ko ari mu biruhuko kandi ameze nk' abandi bantu bose na we aruhuka.
Umuvugizi wa Guverinoma y'U Rwanda, Yolande Makolo yasabye abantu kugendera kure abakwirakwiza ibihuha ku buzima bwa Perezida Kagame
Perezida Kagame ameze neza kandi ari kuzuza inshingano ze nk'uko bisanzwe
What's Your Reaction?










