Ukuri ku bikomere byagaragaye mu maso ya Pep Guardiola
Ifoto yagiye hanze ya Pep Guardiola iramugaragaza yakomeretse mu maso, ni ibintu byamubayeho nyuma y’umukino wahuje ikipe ye ya Manchester City na Feyenoord.
Umukino wahuzaga Manchester City n’ikipe ya Feyenoord umaze kurangira umutoza wa Man City, Pep Guadiola yagaragaye afite ibikomere mu maso ubona ko hari umuntu wamukomerekeje akoresheje inzara. Mu kiganiro n’itangazamakuru yavugiyemo ko ari we wabyikoze.
Mu mikino ya UEFA Champions League, Manchester City yo mu Bwongereza yaraye icakiranye n’ikipe yo mu Buholandi yitwa Feyenoord. Iyo kipe yo mu Bwongereza ni yo yakomeje kuyobora umukino n’ibitego 3-0, ariko iminota 15 ya nyuma yari ihagije kugira ngo bayitsinde ibitego bitatu (3) umukino uhita urangira ari 3-3.
Ni ibintu byababaje cyane umutoza Pep Guardiola n’abafana b’iyo kipe bari bizeye ko bagiye gutahana amanota atatu bagatsindira iyo kipe mu rugo, Etihad. Uwo mutoza garagaraga ku murongo w’abatoza [touch line] aciragura ari nako yishimagura mu mutwe.
Mu kiganiro n’itangazamakuru bamubajije icyatumye agira ibyo bikomere mu mutwe avuga ko yabitewe n’umukino wamubanye mubi ubundi arishimagura inzara zimuca ibisebe.
Ati:”Ninjye wabyikoze n’izi nzara zanjye dore ukuntu nabikoze [yipima inzira azimanura imbere y’isura agaragaraza ukuntu yazivanaga hejuru azimanura hasi mu isura].”
Ibyo ni ikimenyetso simusiga cyagaragaje ko yababajwe no kwishyurwa ibitego byose agatahana inota (1).
Asoza ikiganiro n’itangazamakuru yagize ati:”Ndashaka kwiyangiza njye ubwanjye.”
Manchester City ibitse igikombe cy’ubushize cya Shampiyona y’Abongereza (English Premier League) ikomeje kudahirwa mu mikino iri gukina muri iyi minsi; mu mukino wa shampiyon mu mpera z’icyumweru gishize yatsindiwe ku kibuga cyayo, Etihad, na Tottenham Hostspur ibitego 4-0.
Pep Guradiola yababajwe no kunganya na Feyenoord
Ikipe ya Manchester City imaze iminsi ititwara neza, dore ko iherutse gutsindwa na Tottenham Hotstspur ibitego 4-0
What's Your Reaction?










