Uganda: Nobat Events utegura ibitaramo bikomeye yajyanywe mu nkiko

Norbert Twizire ukoresha amazina ya Nobat Events mu bikorwa bye byo gutegura ibitaramo by'abahanzi bikomeye muri Uganda, yagejejwe mu rukiko rwa Makindye azira kunanirwa kwishyura ideni rya miliyoni 5 z’amashilingi ya Uganda (arengaho gato miliyoni 1.5 Rwf).

Sep 18, 2025 - 15:20
Sep 18, 2025 - 19:36
 0
Uganda: Nobat Events utegura ibitaramo bikomeye yajyanywe mu nkiko

Nobat wari umaze iminsi afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya CPS (Central Police Station), nyuma yo gufatirwa i Kololo Airstrip ubwo yari mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 81 ya Perezida Museveni. 

Kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Nzeri 2025, ni bwo yagejejwe mu rukiko ngo abura ku byo ashinjwa birimo aya madeni afite. 

Nyamara hashize akanya gato arekuwe yahise afatwa ubundi, ashinjwa kudatanga ayo mafaranga.

Luswata William, Nobat Events abereyemo aya mafaranga, avuga ko mu 2024, Nobat yamusabye miliyoni 5 z’amashilingi ya Uganda ngo azikoreshe mu gikorwa cya Miss Bukedde yari yateguye. Nobat yamwemereye imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Mark X ngo ibe ingwate, ariko nyuma Luswata aza gusanga iyo modoka atari iya Nobat.

Nyuma y'ibi nyiri iyo modoka witwa Kawere, yaje kuyisubiza, bituma Luswata asigara ya ngwate yashukishijwe asigara ntayo ndetse yaratanze amafaranga ye, ari byo byaje no gutuma atanga ikirego. 

Nobat asanzwe ategura ibitaramo by'abahanzi bikomeye muri Uganda, birimo nk'icya Alien Skin yakorewe Lugogo Cricket Oval muri Gashyantare uyu mwaka.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

Anselme Tuyizere -Media Personality -Sports-Entertainment Tel: +250791737786, Email: anselmetuyizere07@gmail.com