Uburaya bwafungishije isoko

Mu gihugu cya Nigeria hari kuvugwa inkuru y’ubwiyongere bw’uburaya mu isoko rya Kano riherereye mu majyaruguru y’icyo gihugu, bwatumye isoko ry’imboga ryaho rifungwa.

Dec 27, 2024 - 15:28
Dec 27, 2024 - 15:56
 1
Uburaya bwafungishije isoko

Ubuyobozi bwa Leta ya Kano ho muri Nigeria bwahamije ko kubera ubwiyongere bwo kwicuruza, abaryamana bahuje ibitsina n’indi mico mibi yiganje mu isoko rya Kano, hafashwe umwanzuro wo kuba rifunzwe, rizafungurwe imaze gucogora.

Ibitangazamakuru byo muri Nigeria birimo Vanguard bivuga ko muri iryo soko hakorerwa ibikorwa bibi by’ubusambanyi. Ni ibikorwa bitizwa umurindi ahanini n’urubyiruko ndetse n’abagore bashinze ingo, ariko bagahindukira bakajya gusambanira muri ako gace.

Ubuyobozi bwafashe umwanzuro wo kurifunga mu rwego rw’icyo bise ‘isukura mu isoko.’

Umwe mu bayobozi bo muri ako gace, Aminu Kadawa yemeje ayo makuru. Ashimangira ko isoko rigomba gukorwamo isuku abanyabyaha bagahinduka.

Yagize ati:”Twamaze gukora igenzura dusanga isoko ryabaye indiri y’uburaya,ibyo bitandukanye cyane n’intumbero y’iryo soko. Rigomba gufungwa kugira ngo bisubireho, biyeze, bareke uburaya.”

Yongeyeho ko mu minisi iri imbere hazatangazwa igihe rizongera gufungurirwa kugira ngo ryongere rikore umunsi ku wundi.

Umuyobozi ushinzwe ubukerarugendo, Aisha Saji yavuze ko uburaya bumaze gufata indi ntera mu bice bitandukanye bya Nigeria.

Ati:”Ikibabaje, mu bo twataye muri yombi, 14 bari barwaye SIDA, harimo kandi 4 batazi uko bahagaze.”

“Abantu bakomeje gukwirakwiza uburaya si abo muri Kano gusa, kuko bigaragara no mu tundi duce nka Adamawa, Anambra, Bauchi, Benue na Taraba.”

Abo bayobozi bavuga ko iryo funga ritagiye gukuraho burundu uburaya ariko rizabugabanya.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow