U Rwanda rwasubiye inyuma muri Afurika ku rutonde rwa UCI

Nyuma y'uko Shampiyona y'Isi y'Amagare ya 2025 yaberaga i Kigali irangiye, Impuzamashyirahamwe y'Umukino w'Amagare ku Isi (UCI), yashyize hanze urutonde rw'uko ibihugu bihagaze muri uyu mukino.

Sep 30, 2025 - 12:22
Sep 30, 2025 - 13:08
 0
U Rwanda rwasubiye inyuma muri Afurika ku rutonde rwa UCI

Uru rutonde rugaragaza ko igihugu cyo muri Afurika kiza ku mwanya wa hafi ari Eritrea iza ku mwanya wa 20 mu bihugu birenga 130 bibarizwa muri iyi mpuzamashyirahamwe. 

Eritrea iyoboye ibihugu byo muri Afurika, ikurikirwa na Afurika y'Epfo iza ku mwanya wa 31 ku Isi, Algeria ikaza ku mwanya wa 34, Mauritius ikaza ku mwanya wa 49 naho Uganda ikaba iya 58.

Ibi ni byo bihugu bitanu bya mbere ku mugabane wa Afurika, mu gihe u Rwanda ruza ku mwanya wa 67 ku Isi rukaba urwa Karindwi muri Afurika. Ibindi bihugu biza mu myanya icumi ya mbere muri Afurika birimo, Morocco ya gatandatu, Ethiopia ya munani, Cameroon ikaba iya cyenda na ho Angola ikaba iya cumi. 

Kuri uru rutonde rugaragaza ibihugu by'umwihariko, bigaragara ko u Rwanda rwasubiye inyuma ugereranyije no mu myaka irindwi ishize aho mu 2018 rwigeze kugera ku mwanya wa kabiri muri Afurika yose. 

Muri uyu mwaka u Rwanda rwari rwakiriye na shampiyona ya Afurika, rwegukana imidali 10 harimo itatu ya zahabu, ine ya silver n’itatu ya bronze. Icyo gihe kandi Areruya Joseph witwaraga neza yaje kuba umukinnyi wa mbere muri Afurika.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

Anselme Tuyizere -Media Personality -Sports-Entertainment Tel: +250791737786, Email: anselmetuyizere07@gmail.com