Ikipe y'igihugu ya Basketball ntiyatangiye neza imikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Isi

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagabo mu mukino wa basketball, yatsinzwe na Guinea amanota 82-70 mu mukino ubanza wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2027.

Nov 28, 2025 - 09:36
Nov 28, 2025 - 09:41
 0
Ikipe y'igihugu ya Basketball ntiyatangiye neza imikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Isi

Uyu mukino wari uwa mbere ufungura wo mu itsinda rya gatatu, ririmo u Rwanda, Nigeria, Guinea ndetse na Tunisia yakiriye. 

Mu gace ka mbere k'umukino wabonaga amakipe yombi adasumbana cyane mu rwego kuko kaje no kurangira karangiye amakipe yose anganya amanota 18-18.

Ikipe ya Guinea mu gace ka kabiri yagiye imbere y’u Rwanda ndetse ikomeza kuyobora umukino kugeza bagiye kuruhuka. Yegukanye aka gace ku manota 26 mu gihe u Rwanda rwo rwari rumaze gutsinda amanota 12 gusa bajya kuruhuka ari amanota 44 ya Guinea ku manota 30 y’u Rwanda.

Abahungu b'u Rwanda bagerageje gusa Guinea ibasumbya urwego 

Nyuma yo kuva mu karuhuko, ikipe ya Guinea yakomeje kuyobora umukino ku ntera y'amanota 10 kuri 15 yasaga n'ahoramo ku kinyuranyo rusange, ndetse iza no kwegukana agace ka gatatu ku manota 18 kuri 17 y’u Rwanda.

U Rwanda mu gace ka Kane rwagerageje kwihagararaho, rukosora n'amwe mu makosa bari bagize mu duce twari twabanje maze begukana aka gace ku manota 23 kuri 20 ya Guinea gusa na none bitagize icyo bihindura kuko umukino warangiye ari amanota 82 ya Guinea kuri 70 y’u Rwanda, harimo ikinyuranyo cy'amanota 12.

Iyi kipe y'igihugu y'u Rwanda izagaruka mu kibuga bakina na Tunisia yakiriye iyi mikino, kuri uyu wa gatandatu tariki 29 Ugushyingo 2025.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

Anselme Tuyizere -Media Personality -Sports-Entertainment Tel: +250791737786, Email: anselmetuyizere07@gmail.com