The Ben yafashije abaturanyi ku isabukuru ye

The Ben n’umugore we Uwicyeza Pamella, bakoze igikorwa cyo gufasha abatishoboye bo mu Murenge Gatenga mu Karere ka Kicukiro aho banatuye.

Jan 9, 2026 - 17:33
Jan 9, 2026 - 19:02
 0
The Ben yafashije abaturanyi ku isabukuru ye

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa 9 Mutarama 2026, ku munsi w'isabukuru ya The Ben wujuje imyaka 38. Mu byo batanze kuri aba baturage harimo ibyo kurya n'ibikoresho by'ishuri n'iby'isuku.

The Ben yavuze ko ashimira ubuyobozi ndetse ko iki gikorwa yifuza ko cyajya kiba buri mwaka nk'uko yabisabwe n'umugore we. 

Yagize ati "Maze kuganira n’umugore wanjye, nifuza ko ari igikorwa twajya dukora buri mwaka kandi kikagenda cyaguka. Rero ni byinshi navuga ariko nababwira ko mbakunda kandi nkuko turi abaturanyi ubwo tuzakomeza tugende tugongana mu gace, dusuhuzanye." 

The Ben na Uwicyeza Pamella bakoze iki gikorwa nyuma y'iminsi micye akoze igitaramo cy'amateka yahuriyemo na mugenzi we Bruce Melodie ku wa 01 Mutarama 2026.

Bimwe byo The Ben n'umugore we batanze 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

Anselme Tuyizere -Media Personality -Sports-Entertainment Tel: +250791737786, Email: anselmetuyizere07@gmail.com