Rwanda Premier League 2025-2026 iratangirana ibihano bishya
Urwego rutegura Shampiyona y'icyiciro cya mbere mu mupira w'amaguru mu Rwanda, 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizajya bihabwa abarenze ku mategeko n’amabwiriza guhera muri uyu mwaka w’imikino wa 2025-2026.
Ibihano bizajya bitangwa, bireba ikipe cyangwa umuntu ku giti cye utubahirije amabwiriza agena imitegurire n’imigendekere y’imikino, aho azajya ahanwa mu buryo butandukanye, harimo amande y’amafaranga, guhagarikwa imikino runaka, ndetse no guterwa mpaga ku makipe.
Amakosa n'ibihano byayo muri Rwanda Premier League:
Kubura ku kibuga igihe cyagenwe: Guterwa mpaga no gucibwa amande.
Gukoresha abakinnyi batemerewe cyangwa badakurikije amategeko: Gucibwa amande no guterwa mpaga.
Ibyaha bikomeye (ruswa, kugena ibiva mu mukino, gutega): Gucibwa amande ashobora kugera kuri miliyoni 1 Rwf no guhagarikwa imyaka 10 cyangwa kutongera kugaragara mu bikorwa by'umupira.
Kwica amabwiriza y’imyambaro n’ibikoresho: Amande angana ni 100,000 Rwf no guhagarikwa imikino 3.
Ibikorwa biteza urujijo mu kibuga cyangwa ku nkengero zacyo: Amande 100,000 Rwf kugeza kuri 500,000 Rwf, hamwe no guhagarikwa imikino.
Gukoresha cyangwa kwangiza iby’ubucuruzi n’uburenganzira bwa RPL (nk’aho kwamamaza): Gucibwa amande agera kuri miliyoni 5 Rwf.
Kugurisha amatike mu buryo bunyuranyije n’amategeko: Amande hagati ya 500,000 Rwf na 3,000,000 Rwf bitewe n’ubunini bw'ikibuga.
Ibi ndetse n'ibindi bihano bisanzweho ni byo bizakoreshwa mu mwaka w'imikino wa Rwanda Premier League 2025-2026, iributangire kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nzeri 2025, Gorilla FC yakira AS Muhanga, ku isaha ya Saa Cyenda z'igicamunsi.
Amakosa n'ibihano bizajya bihabwa awakosheje muri Rwanda Premier League
Dore uko uburenganzira bw'amakipe buteye mu bijyanye n'ubucuruzi no kwamamaza
What's Your Reaction?










